Ubukungu

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko umusaruro mbumbe w’u Rwanda (GDP) mu 2025 wazamutse ku kigero cya 9,4% ugera kuri miliyari 23.387 Frw uvuye kuri miliyari 19.918 Frw wari uriho mu mwaka wa 2024.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga hagati y’itariki 2-6 Werurwe 2026, byinjije arenga miliyoni 10$ (arenga miliyari 14,6 Frw).
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda NISR, cyatangaje ko mu kwezi kwa Gashyantare 2026 ibiciro byazamutseho 9,2% bivuye kuri 8,9% byari biriho muri Mutarama.
Mu Rwanda hateraniye abashoramari 250 baturutse mu Majyaruguru y’u Burayi aho bari kwerekwa amahirwe y’ishoramari agaragara mu nzego zitandukanye ziri mu gihugu kugira ngo babashe kuba bashora imari yabo mu Rwanda
Urugaga rw'Ababaruramari b'Umwuga mu Rwanda (ICPAR) bafatanije n’ikigo cyo mu Bwongereza Gishinzwe Ababaruramari, ACCA (Association of Chartered Certified Accountants),  ku wa 5 Werurwe 2026, rwamuritse raporo y’inyigo zakozwe mu Rwanda yerekeye imicungire irambye y’ibidukikije mu rwego rw’imari ‘yakozwe na Sustainability Working Group Africa (SWGA).
Abaturage batuye mu Karere ka Ngororero bakomeje kwibaza amaherezo y’uruganda rumaze imyaka irenga 13 rutaratangira gukora nyamara rwari rwitezweho impinduka zishingiye ku iterambere ku batuye muri aka Karere muri rusange ariko by’umwihariko ku baruturiye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) cyatangaje ko abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje miliyoni 161.5$ asaga miliyari 236 Frw mu gihe cy’amezi atatu
Ikibazo cy’ibikoresho byo gupfunyikamo gikomeje kugaragazwa nk’ingutu cyane cyane ku bacuruzi bongerera agaciro ibiribwa n’ibinyobwa mu Rwanda bakenera ibyo gupfunyikamo ariko bakagorwa no kubibona ku giciro kidahanitse
Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda, MINICOM, yatangaje ko leta yatangiye ibiganiro n'abacuruza bakanatumiza ibikomoka kuri peteroli n'abandi bacuruzi bashobora kugerwaho n'intambara iri mu Burasirazuba bwo hagati.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka