Ubukungu

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) cyatangaje ko umusaruro w;ibikorerwa mu nganda wiyongereyeho 3,7% muri Gashyantare 2026 ugereranyije n’ukwezi nk’uko mu 2025.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda umutwe w’Abadepite yemeje amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na na Banki ya Standard Chartered yerekeye inguzanyo ya miliyoni 213 z’Ama-Euro ( arenga miliyoni 260$) igenewe gutera inkunga ingengo y’imari isanzwe na politiki yo guteza imbere imirimo idaheza kandi irambye mu Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi, NAEB, cyatangaje ko ikawa y’u Rwanda yaje muri eshanu za mbere zatsinze izindi mpagararizi mu Imurikagurisha mpuzamahanga ry’Ikawa.
Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n'ubworozi, NAEB, cyatangaje ko u Rwanda rwitabiriye imurikagurisha ry’ikawa ryiswe ‘World of Coffee San Diego’ riri kubera i California muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi woherejwe mu mahanga winjirije u Rwanda asaga miliyari 13.8Frw.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb. Uwihanganye Jean de Dieu, yavuze ko mu 2028 ari bwo Abanyarwanda bazatangira gutekesha gaz methane icukurwa mu kiyaga cya Kivu. 
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, yasabye Abanyarwanda gufasha leta y’u Rwanda mu kubahiriza ingamba zo kugabanya ingano y’ibyo bakoresha cyane cyane ibitumizwa hanze mu rwego rwo guhangana n’ingaruka ziri guterwa n’intambara iri kubera mu Burasirazuba bwo Hagati.
U Rwanda rwitabiriye Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Ubukerarugendo riri kubera muri Pakistan, aho rwamurikiye abaryitabiriye umwihariko w’ubukerarugendo bwarwo n’ibyiza nyaburanga birutatse rubashishikariza kuza kurusura.
Abashoramari biganjemo abakoresha ikoranabuhaga mu buzima bwabo bwa buri munsi bagaragaje ko ubucuruzi bw’umutungo koranabuhanga bugiye kuba isoko nshya y’ubukungu mu Rwanda.
Ibiciro by'ibikomoka kuri Peteroli byazamutse ndetse n'iby'ingendo mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara bihita byiyongera hashingiwe kuri iryo zamuka rya lisansi na Mazutu.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka