Ibyihariye

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika mu kugira umubare munini w’abaturage bafite ubumenyi mu by’ikoranabuhanga aho ruza rukurikira Botswana iri ku mwanya wa mbere.
Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe 2026 yahaye impanuro itsinda ry’abasirikare n’abapolisi  bitegura kujya gusimbura bagenzi babo bari mu butumwa kurwanya iterabwoba i Cabo Delgado muri Mozambique
Ambasaderi Moses Rugema yashyikirije Umuyobozi ushinzwe Porotokole muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria, Ambasaderi Wahab Adekola Akande, kopi z’impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu
Umuherwe w’umunya-Nigeria Abdul Samad Rabiu yatangaje ko yishimiye guhura na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, avuga ko ari umuyobozi ufite icyerekezo kandi ko uburyo yayoboye u Rwanda bukomeje kubera icyitegererezo benshi muri Afurika no hirya no hino ku Isi
U Rwanda n’u Buyapani bari gusangizanya ibitekerezo ku buryo bwo ku rwanya ibiza birimo inkangu, imyuzure, imitingito, inkuba n’ibindi bihitana ubuzima bw’abantu bikanangiza ibikorwaremezo ndetse bigatwara igihugu amafaranga menshi yo kongera gusana ibyangiritse.
Perezida Kagame Paul uri i Paris mu Bufaransa, yakurikiye umukino wa UEFA Champions League wahuje Paris Saint-Germain na Chelsea FC ku mugoroba wo ku wa gatatu tariki ya 11 Werurwe 2026.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yagaragaje ko u Rwanda rumaze gutera intambwe ishimishije mu gukoresha ikoranabuhanga mu rwego rw’imari, ashimangira ko gutanga serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga byabaye umusingi w’iterambere mu rwego rw'ubukungu
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko u Rwanda rwiyemeje gushyira ingufu za nukiliyeri ku isonga muri gahunda yarwo y’iterambere ry’igihe kirekire, mu rwego rwo kugera ku ntego yo kuba igihugu gifite ubukungu bukomeye mu mwaka wa 2050
Mu Rwanda hateraniye abashoramari 250 baturutse mu Majyaruguru y’u Burayi aho bari kwerekwa amahirwe y’ishoramari agaragara mu nzego zitandukanye ziri mu gihugu kugira ngo babashe kuba bashora imari yabo mu Rwanda
Umunyamabanga wa Leta muri Minisitiri y’Uburezi, Dr. Irere Claudette, agaragaza ko kugirango ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bigere ku bumwe bwifuzwa, uburezi by'umwihariko ubwo mu mashuri makuru bugomba gufatwa nk'ishingiro ry’ibikorwa byose

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka