Ibyihariye

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Nsengiyumva Justin, yatangaje ko u Rwanda rwiteguye gusangiza Sudan y’Epfo ubunararibonye rufite  mu kongera kubaka igihugu nyuma yo gushegeshwa n’intambara binyuze mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge.
Minisitiri w'Intebe Dr Nsengiyumva Justin yagaragaje ko Afurika ikomeje guhura n'ibibazo by'umutekano mucye ariko bigomba gukemurwa bihereye ku muzi wa byo.
Minisitiri w’Intebe ,Dr Nsengiyumva Justin , kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Gashyantare 2026, yifatanyije n’abandi bayobozi mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro Inama ya 39 isanzwe y'Abakuru b'Ibihugu na za Guverinoma zigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.
Minisitiri w'Intebe, Dr Nsengiyumva Justin , yibukije abayobozi b'ibihugu bya Afurika ko bakwiye gushyira imbaraga mu miyoborere myiza by'umwihariko mu nzego z'ubuvuzi ari nako baharanira ko nta babyeyi bapfa babyara .
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye igitaramo cya Art-Rwanda Ubuhanzi Xperience no gusoza icyiciro cya Gatatu cy’amarushanwa ya Art-Rwanda Ubuhanzi agamije gushyigikira no guteza imbere impano z’urubyiruko mu buhanzi.
Perezida Kagame yashimiye Mia Amor Mottley wongeye gutorerwa kuba Minisitiri w’Intebe wa Barbados ku nshuro ya Gatatu.
Tariki ya 14 Gashyantare buri mwaka, abantu ku Isi hose bizihiza umunsi wahariwe urukundo uzwi nka 'Saint Valentin'
Minisitiri w'intebe, Dr Nsengiyumva Justin , yageze i Addis Ababa muri Ethiopia , aho yahagararira Perezida Kagame mu nama ya 39 isanzwe y'Abakuru b'Ibihugu na za Guverinoma zigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko ingengo y’imari y’u Rwanda y’umwaka wa 2025/2026 yagabanyutseho miliyari 80,4 Frw, iva kuri miliyari 7,032,5 Frw ikagera kuri miliyari 6,952,1 Frw.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yahagarariye Perezida Paul Kagame mu Nama ya 43 yahuje abagize Akanama k’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma gashinzwe kwiga ku cyerekezo cy’Urwego rw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe rushinzwe Iterambere (AUDA-NEPAD).

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka