Ibyihariye

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kurengera akayunguruzo k’izuba (Ozone Layer), ndetse hazirikanwa ibikorwa bitandukanye bigira uruhare mu kurwanya ihumanywa ry’umwuka.
Inteko Ishingamategeko y’u Rwanda nyuma gusuzuma ikibazo cy’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi ivuga ku Rwanda, isaba ko ingabire Victoire afungurwa, yanzuye ko leta y’u Rwanda yigenga, ifite ubusugire ,demokarasi  kandi igendera ku mategeko .
Inararibonye muri Politiki y’u Rwanda na Diporomasi, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru, Dr Charles Murigande, yavuze ko yatangiye ubuhunzi afite imyaka ibiri ariko ko yari afite ishyaka ryo  kuba  mu gihugu no kucyubaka, anahishura ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ari umuntu ureba kure.
Imyaka 81 iruzuye impundu zivuze mu muryango w’umworozi rurangiranwa Mzee Amos Kaguta n’umufasha we Esteri Kokundeka Nganzi, ubwo bari bibarutse umwana w’umuhungu maze bamwita Yoweri Kaguta Museveni Tibuhaburwa
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig. Gen. Ronald Rwivanga, yagaragaje ko ibibazo byinshi by’umutekano muke n’ivangura muri Afurika bituruka ku buyobozi bubi n’imiyoborere idashyira imbere ubumwe bw’abaturage
Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, yatangaje ko umwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ibihugu by’u Burayi (EU) usaba ko Ingabire Victoire Umuhoza arekurwa, ugamije gusuzuguro no kwinjirira ubusugire bw’igihugu cy’u Rwanda
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yavuze ko kuba u Rwanda rwaratoranyijwe ku mugabane wa Afurika ngo rwakire shampiyona y’isi y’amagare ari uko ari igihugu gihora kiteguye kwakira neza amarushanwa atandukanye.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, mu muhango wo gushyingura nyakwigendera Lt Gen Innocent Kabandana, yagarutse ku bihe byamuranze , ashima umurava we n’ishyaka mu kazi ke haba mu gihugu no mu butumwa bw’akazi mu muhanga.
Perezida wa Repubulika ,Paul Kagame,kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025, yagiriye uruzinduko rw’akazi  i Doha muri Qatar.