Ibyihariye

Mu nama Nkuru ya 17 y’umuryango FPR Inkotanyi, yabaye kuri uyu wa 19 Ukuboza 2025, yashyizeho inzego ziwugize aho hongewemo Visi Perezida wa Kabiri n’Umunyamabanga Mukuru Wungirije. Hashyizweho kandi Urwego rw'Inararibonye, aho Umunyamabanga Mukuru yabaye Amb. Bazivamo Christophe.
Harabura iminsi iminsi itanu ngo Noheli yizihizwe ndetse n'indi itandatu ngo twinjire mu mwaka mushya wa 2026
Ubushakashatsi bwa 7 ku mibereho n’ubuzima mu Rwanda (DHS7) bwerekanye ko abangavu bari hagati y’imyaka 15 na 19 baterwa inda biyongereye, bakagera kuri 8% mu 2025 bavuye kuri 5% mu 2020.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagejejweho ibyerekeye isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubufatanye mu by’ubukungu hagati y’u Rwanda na RDC yasinyiwe i Washington, inashimangira ubushake bw’u Rwanda mu kubahiriza ibiyakubiyemo ndetse runagaragaza ko rushyigikiye inzira y'amahoro ya Doha.
Ikigo cy'Igihugu cy'ibararurishamibare ,NISR, cyagaragaje ko imibare y'abana bari munsi y’imyaka itanu bagwingira mu Rwanda yagabanutse aho igeze kuri 27% mu mwaka wa 2025, ivuye kuri 33 % ryariho mu bushakashasti bwa 2019/2020.
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda (GDP) wazamutse ku kigero cya 11.8% mu gihembwe cya gatatu cya 2025, ugera kuri miliyari 5,525 Frw, uvuye kuri miliyari 4,659 Frw wariho mu gihembwe nk’iki cy’umwaka wa 2024
Perezida Kagame, Kuri uyu wa Mbere, yakiriye muri Village Urugwiro Mohamed Ali Janah, Umuyobozi wa Sosiyete itanga serivisi z’amahoteli n’ubukerarugendo muri Maldives (Hotels and Resorts Investment Maldives), ufite n'inshingano z'ubuyobozi mu Kigo cy’Ishoramari, JIH Global Investments ndetse na Ghassan Aboud na Ahmad Aboud, abayobozi bari muri Sosiyete y’Ubucuruzi, Ghassan Aboud Group yo mu Bihugu Byunze Ubumwe by'Abarabu.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe,Kuri uyu wa Mbere, yakiriye kopi z’impapuro zemerera ba Ambasaderi bashya barimo Kazuya Nakajo w’u Buyapani na Mansour Ali Fahd Al Shahwani Al Hajri wa Qatar guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Umusesenguzi mu bya Politiki, Senateri Evode Uwizeyimana,  yavuze ko ifatwa rya Uvira bikozwe n'Ihuriro AFC/M23, byatewe n'uko ari Umujyi wari ingirakamaro cyane mu mikoranire mu bya gisirikare hagati y'u Burundi na DRC.
Perezida w'Inama y'Abepiskopi mu Rwanda akaba na Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda, yagaragaje ko bihangayikishije ku kuba Akarere k'ibiyaga bigari gafite abakirisitu benshi ariko kagakomeza kugira intambara ,amakinbirane n'ubugizi bwa nabi bikomeje kwiyongera .