Nina Cynthia

Nina Cynthia

Dushime Nina Cynthia ni umunyamakuru w’Umunyarwandakazi ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru y'ibibera imbere mu gihugu. Kuri ubu ni 'Special Editor' ku rubuga rw’amakuru rwa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Rtd CSP Richard Kamanzi w'imyaka 57 wari umupolisi , kuri iki cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026, yitabye Imana, aguye mu mpanuka y'umukingo wagwiriye inzu ye.
Umunya Israel Einhorn Itamar ukinira NSN Development Team ni we wegukanye Agace ka Mbere ka Tour du Rwanda 2026 kakinwe ku ntera y'ibilometero 173,6 kuva Rukomo muri Gicumbi kugera i Rwamagana, akoresheje amasaha ane, n'amasegonda 5.
Ubuyobozi bwa Tour du Rwanda, bwatangaje ko ubwo hakinwaga agace ka mbere kuri iki cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026, habaye impanuka ikomeye ubwo isiganwa ryari rigeze mu gace ka Gabiro, mu karere ka Kayonza, abantu babiri bahita bitaba Imana, abandi batandatu barakomereka.
Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’igihugu bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri siporo ngaruka kwezi, izwi nka ’Car Free Day’.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yasabye Abanyarwanda kuza gushyigikira Abanyarwanda n'abandi bazitabira isiganwa ry'amagare , Tour du Rwanda , yatangiye kuri iki cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera, bakanguriiwe kugira umuco wo gutanga imisoro , babwirwa ko ariyo ivamo ibikorwaremezo bakomeje kwegerezwa.
Ibaze nawe gukoresha imbaraga z’umurengera ukarara utagohetse kubera ko ubyibushye cyangwa ufite ibiro byinshi
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène yahuye n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), Khaled El-Enany baganira ku buryo bwo kubungabunga amateka nk'inkingi yo kubaka amahoro arambye
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Gashyantare 2026, hazagwa imvura nyinshi ugereranyije n’iyari isanzwe igwa muri icyo gihe