Nina Cynthia

Nina Cynthia

Dushime Nina Cynthia ni umunyamakuru w’Umunyarwandakazi ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru y'ibibera imbere mu gihugu. Kuri ubu ni 'Special Editor' ku rubuga rw’amakuru rwa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Perezida w’Ihuriro rw’Abakemurampaka bigenga mu by’ubucuruzi ku Isi (CIARB), Cesar Pereira, yashimiye leta y’u Rwanda ku ntambwe ifatika yatewe mu kongera umubare w’imanza zikemurwa hatabayeho kwitabaza inkiko biturutse ku gutera imbere kw’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubuhuza cya Kigali ‘CIARB Rwanda’.
Igitero cya drone za FARDC yagabye kuri AFC/M23 cyabaye mu gitondo cya kare uyu munsi cyahitanye umuvugizi wa gisirikare wa AFC/M23, Lt. Col Willy Ngoma .
Lt. Col Willy Ngoma wari Umuvugizi w’ihuriro AFC/M23 biravugwa ko yarasiwe mu gitero cya Drone cy’ingabo za Congo, FARDC mu gace ka Rubaya.
Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, MINEMA, yongeye kwibutsa Abanyarwanda n’Abaturarwanda bose uko bakwiye kwitwara muri ibi bihe by’imvura irimo inkuba mu rwego rwo kwirinda ibyago bituruka ku kutitwararika harimo  no kubura ubuzima.
Mu misozi miremire y’i Mulenge, muri Teritwari ya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’amajyepfo  Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24 Gashyantare 2026, (RDC), habaye ibitero bikomeye byagabwe mu mihana ituwe n’Abanyamulenge, irimo Kalingi, Bidegu na Gahwela, biherereye mu gace ka Minembwe.
Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI), David Lappartient, yihanganishije Abanyarwanda ku bw’impanuka yahitanye abantu babiri ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda 2026.
Imyaka 25 irashize Leta y'u Rwanda ishyizeho gahunda y'Ubwisungane mu Kwivuza (Mituweli cyangwa Mutuelle de Santé) nk’umusingi wo kugeza serivisi z’ubuvuzi zihendutse ku baturage bose mu gihugu
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko imvugo zibiba urwango n'ingengabitekerezo ya Jenoside, bikomeje kugaragra mu karere by'umwihariko mu Burasirazuba bwa RDC, asaba ko umuryango Mpuzamahanga wagira icyo ukora.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyeretse intumwa z’ Ikigega Mpuzamahanga Gishinzwe Iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi, (IFAD) aho igeze ishyira mu bikorwa umushinga ugamije gufasha abahinzi bato b’ibihingwa byoherezwa mu mahanga, PSAC.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi  yishimiye  guhura na Ambasaderi w’u Rwanda muri Israel Gatera James aho yaboneyeho gutangaza ko bagiranye ibiganiro byiza.