Nina Cynthia

Nina Cynthia

Dushime Nina Cynthia ni umunyamakuru w’Umunyarwandakazi ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru y'ibibera imbere mu gihugu. Kuri ubu ni 'Special Editor' ku rubuga rw’amakuru rwa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Abakozi bakora ibiraka mu Rwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), abazwi nka banyakabyizi barasaba ko bishyurwa ibirarane by’amezi atatu baberewemo, aho kuri ubu batorohewe n’ubuzima
Abayobozi b’Ishyirahamwe ry’umukino w’Amagare bafatanyije n’ab’Uturere twa Gatsibo na Nyagatare mu gufata mu mugongo umuryango waburiye umwana mu mpanuka yabaye ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi MINEMA, yatangaje ko mu minsi 22 gusa y’ukwezi  kwa Gashyantare ibiza bimaze guhitana abantu 15, bikomeretsa 49 ndetse byangiza n’ibindi bikorwa byinshi.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Santrafurika, zikorera i Bria, zatanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu mu Igororero rya Bria.
Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Jean Abdallah, yashimangiye ko umuco n'ururimi rw'Ikinyarwanda biri mu bintu by'ingenzi bihuza Abanyarwanda asaba urubyiruko gushyira ku isonga uru rurimi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yashimye uruhare abaturage bagize mu gushyigikira Mituweli mu myaka 25 ishize, ashimangira ko yagiye yongera ubushobozi mu kuzamura ireme rya serivisi z'ubuvuzi
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 24 Gashyantare 2026 Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije w’Ubwami bwa Arabie Saoudite, Waleed bin Abdulkarim El-Khereiji, bagirana ibiganiro bifitiye inyungu ibihugu byombi.
Guverinoma y'u Rwanda n'umuryango mpuzamahanga utari uwa leta , GiveDirectly , basinyanye amasezerano y'imyaka itanu aho hazatangwa miliyoni 150$, agamije gukura abaturage mu bukene.
Umuholandi Jurgen Zomermaand ukinira Dévelopment Picnic PostNL team y'iwabo, ni we wegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026, kakinwe ku ntera y’ibilometero 145,3  kuva mu Karere ka Huye kugera mu Karere ka Rusizi.
Abantu batandatu bakekwaho kwiba insinga z’amashanyarazi mu Mujyi wa Rubavu, Akarere ka Rubavu, batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa bimwe mu bikoresho by’amashanyarazi .