Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Perezida Paul Kagame yavuze ko rimwe mu masomo y’ingenzi yakuye mu buzima ari uko umuntu agomba kugira intego y’ubuzima bwe, agafata amahitamo ashobora kugira ingaruka ku bandi, kandi akayarwanirira nubwo yaba ahura n’ibigeragezo bimukoma mu nkokora.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Afurika ifite ibikenewe hafi ya byose kugira ngo itere imbere, ariko ko hakenewe impinduka zikomeye mu mitekerereze, imyitwarire n’uburyo abayituye bakora, kugira ngo umugabane ugere ku ntego wihaye.
Perezida Paul Kagame yavuze ko isuku igaragara mu Rwanda, by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, ahanini yaturutse ku cyemezo Abanyarwanda bafashe cyo kuyigira inshingano zabo, aho gutegereza ko hari igihugu cyangwa umuterankunga w’amahanga uzabafasha kuyibungabunga.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ikibazo cy’umutwe wa FDLR kiri mu by’ingenzi bituma u Rwanda rukomeza kugira uruhare mu bibazo by’umutekano byo mu Burasirazuba bwa Congo, ashimangira ko igihe cyose iki kibazo kitarakemuka, u Rwanda ruzakomeza kukibona nk’ikibangamiye umutekano warwo.
Perezida Paul Kagame yavuze ku kibazo  cyo gufunga inganda zenga inzoga zitujuje ubuziranenge avuga ko u Rwanda rutazigera rwihanganira ikintu icyari cyo cyose gishobora gushyira ubuzima bw’Abanyarwanda mu kaga aho cyaba giturutse hose ashimangira ko n’abakibirimo bazakomeza gushakishwa.
Mu turere 30 tugize u Rwanda 80% byatwo turimo amabuye y’agaciro yo mu bwoko butandukanye arimo Coltan, Gasegereti, Wolfram, Biliri, zahabu n’ayandi yo mu ngeri zinyuranye ibi bigaragaza ko mu Rwanda hari amabuye y’agaciro ahagije.
Nyuma y’amasaha 30 abahize abandi mu bizamini bya leta bisoza amashuri abanza n’ay’icyiciro rusange cy’ayisumbuye babonye ibihembo byabo nibwo Minisiteri y’Uburezi MINEDUC, yashyikirije Uwamariya Leontine wabaye uwa mbere muri 'Tronc Commun' ibihembo bye, nyuma y’impaka nyinshi zari zikomeje ku mbuga nkoranyambaga.
Ikipe ya Mukura VS ikomeje kubaka ikipe izahagararira neza umwaka w’imikino wa 2026/27, aho yasinyishije Umunya-Uganda Hussein Ssenoga amasezerano y’imyaka ibiri.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibyakomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyagiranye amasezerano y’ubufatanye na Connect for Impact Advisory Group (C4Impact), mu rwego rwo guteza imbere no kongera agaciro ibikomoka ku buhinzi no gushimangira ubushobozi bw’u Rwanda ku isoko mpuzamahanga.
Guverinoma y’u Rwanda yasobanuriye abahagarariye ibihugu by’amahanga mu Rwanda ingamba ikomeje gushyira mu bikorwa zo guhangana n’ibinyobwa bisembuye bitujuje ubuziranenge, mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abaturage no gukomeza kubaka umuryango ushoboye guhangana n’ibibazo bishobora kuwugariza.