Amakuru

Ikigo cya CPF Group, gikomoka muri Kenya cyafunguye ku mugaragaro ishami mu Rwanda, aho kizajya gishora imari igatera inkunga imishinga minini y’igihe kirekire, mu guteza imbere ubukungu no kuzamura imibereho myiza y’abaturage
Abasirikare n’abofisiye bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) mu Mutwe w’Ingabo Zidasanzwe (Special Operations Force), basoje amahugurwa y’ibanze yo guhangana n’iterabwoba bari bamazemo ibyumweru 22
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko nyuma y'ibihe bibi bya Jenoside yakorewe Abatutsi u Rwanda rwanyuzemo , rwafashe ingamba zo kudasubira muri ayo mateka bityo rwahisemo kurinda imbibi n'abaturage b'igihugu .
Perezida Kagame yagaragaje uburyo abantu bamwe baganira yasanze bahuza imyemerereye ye ku madini n'ibibazo by'umutekano muke biri mu Karere, bigira ingaruka ku Rwanda
Perezida w'u Rwanda Paul Kagame yagaragaje uko u Rwanda rwasigiwe amahitamo abiri mu kurinda umutekano warwo mu Burasirazuba, ariyo kurebera umutwe wa FDLR wasize ukoze Jenoside mu Rwanda ukongera ukiyuba ukazagaruka guhungabanya umutekano w'u Rwanda cyangwa kuba rwawurwanya rugasigara rufatirwa ibihano n'ibihugu by'amahanga
Uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, Bralirwa Plc, rubinyujije mu kinyobwa cyarwo cya “Cheetah Energy’’, rwongereye amasezerano y’imyaka ine n’Ishyirahamwe rya Basketball (FERWABA), afite agaciro ka miliyoni 700 Frw.
Urugaga rw'Ababaruramari b'Umwuga mu Rwanda (ICPAR) bafatanije n’ikigo cyo mu Bwongereza Gishinzwe Ababaruramari, ACCA (Association of Chartered Certified Accountants),  ku wa 5 Werurwe 2026, rwamuritse raporo y’inyigo zakozwe mu Rwanda yerekeye imicungire irambye y’ibidukikije mu rwego rw’imari ‘yakozwe na Sustainability Working Group Africa (SWGA).
Abaturage batuye mu Karere ka Ngororero bakomeje kwibaza amaherezo y’uruganda rumaze imyaka irenga 13 rutaratangira gukora nyamara rwari rwitezweho impinduka zishingiye ku iterambere ku batuye muri aka Karere muri rusange ariko by’umwihariko ku baruturiye.
Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu yamenyesheje Abanyarwanda bose bahaba nababa mu Bwami bwa Bahrain babuze uko bataha kubera umutekano muke uri mu Burasirazuba bwo hagati ko bakwiyandisha bagahabwa ubufasha.
Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu kibumbiye hamwe ibigo bya Leta muri Kazakhstan, riyobowe na Nurlan Zhakupov ukiyobora.