Ibidukikije

Kuri uyu wa Gatanu , Minisitiri w'ibikorwa by'ubutabazi Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira,yasuye umusozi wa Gisuma uherereye mu Murenge wa Shyira ho mu karere ka Nyabihu, ahagaragaye ikibazo cy’imiterere y’ubutaka bwatengukanywe n'isuri bikaba bimaze kwangiza ubuso burenga hegitari 8 ndetse n’ibikorwaremezo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda cyatangaje ko mu ntangiro za Gicurasi 2026, imvura nyinshi yaguye mu kwezi gushize, izagabanukaho milimetero hafi 100 ndetse muri rusange izaba nkeya ugereranyije n’impuzandengo y’imvura yari isanzwe igwa muri uku kwezi.
Ikigo gishinzwe kurengera ibidukikije REMA, na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi bagaragaje ko  kwita ku bidukikije no kurwanya imyuka ihumanya ikirere byakemura ikibazo cy’ingufu harimo n’iz’igihugu giyumiza hanze harimo n’ibikomoka kuri peteroli bikomeje kuba ikibazo ku Isi hose.
Pariki y’Igihugu y’Akagera yatangaje ko mu gihembwe cya mbere cya 2026 yasuwe n’abantu barenga 11.700, bituma yinjiza arenga miliyoni 1,3$, ni ukuvuga asaga miliyari 1,9 Frw mu mezi atatu gusa.
Ikigo cy’Igihugu cy’iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Mata 2026 hazagwa imvura  nyinshi iri hejuru y’isanzwe igwa muri uku  kwezi ndetse ikaba ishobora kuzateza ibiza mu duce dutandukanye tw’igihugu.
Inteko Ishinga Ametegeko umutwe w’Abadepite yafashe umwanzuro wo gusaba Minisitiri w’Intebe kuyigaragariza bitarenze amezi atandatu uburyo buhamye bwo gufata amazi y’imvura yangiza ibikorwaremezo n’imitungo y’abaturage.
Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare riherereye i Musanze batangiye urugendoshuri rw’iminsi itanu rugamije kongera ubumenyi ku ruhare rwa politiki y’u Rwanda mu kubungabunga ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.
Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Donatille Mukantaganzwa, yasabye abanditsi b'impapurompamo z'ubutaka kwirinda amanyanga bagakora baharanira gukemura ibibazo bigaragara muri serivise z’ubutaka aho kuba ba gitera.
Abasenateri bagaragaje ko bahaganyikishijwe n'ubwiyongere bw'ibirego by'abaturage bangirizwa n'inyamaswa ziva muri Pariki zibakikije, aho byiyongereye hafi 30% muri 2024-2025

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka