Imikino

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo (UNMISS) begukanye igikombe cy’umupira w’amaguru, begukana n’umwanya wa kabiri muri Volleyball mu mikino yo kwizihiza umunsi Mpuzamahanga wa Loni wahariwe ababungabunga amahoro.
Perezida w’Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yatangaje ko amakipe ya Kiyovu Sports na Police FC, ashobora kwiyongera kuri APR FC na Rayon Sports mu makipe yo mu Rwanda azakina CECAFA Kagame Cup 2026. 
Nkurayija Ishimwe Jean Hubert wari Umuhuzabikorwa wa Tour du Rwanda yatorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY).
Ikipe ya Petro de Luanda yo muri Angola yageze ku mukino wa nyuma wa Basketball Africa League (BAL) 2026 nyuma yo gutsinda Al Ahly Ly yo muri Libya amanota 94-88 mu mukino wa ½
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Stephen Constantine, yahamagaye abakinnyi 24 azifashisha mu mikino Mpuzamahanga ya gicuti muri Kamena 2026, harimo n'uwakiniye Manchester United
Rayon Sports FC yatsinze Bugesera FC ibitego 2-0 mu mukino w'umunsi wa 33 wa BK Pro League wabereye kuri Kigali Péle Stadium kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Gicurasi 2026.
Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yatangaje ko mu mwaka wa 2024/2025, hakurikiranywe ibirego birenga 4000 by’abana basambanyijwe.
RSSB Tigers BBC ihagarariye u Rwanda yo guhatanira Igikombe cy’Irushanwa rya Basketball Africa League [BAL 2026]  yageze muri 1/2 isezereye FUS de Rabat yo muri Maroc, ku giteranyo cy'amanota 193-171 mu mikino yombi ya 1/4.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, ari kumwe n’abandi bayobozi bifatanyije n’abanyarwanda bafana Arsenal yo mu Bwongereza, mu birori byo kwishimira igikombe cya shampiyona yegukanye.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka