Inkuru Nshya

Perezida Kagame yongeye gushimangira ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo atabaye ku bw’impanuka yibutsa ko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe by'igihe kirekire mbere yo gushyirwa mu bikorwa.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko igihugu kidashobora kuba ingwate ku bantu bashaka ko amateka aba uko bayashaka cyangwa uko bashaka kuyumva.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Bugesera bashimiwe uruhare n’umusanzu byabo mu iterambere ry’aka karere no mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage, bigaragaza ubudasa mu gucyero umurimo.
Raporo nshya y’Urwego rwigenga rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro muri Afurika, Barometer of Peace Agreements in Africa (BAPA), igaragaza ko nyuma y’umwaka umwe hasinywe amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ishyirwa mu bikorwa ryayo rimaze kugera ku kigero cya 35%.
U Rwanda rwongeye gushimangira ko ruzakomeza kuba umufatanyabikorwa ukomeye mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo, ndetse no kongerera ubushobozi abagore n’abakobwa.
Ikipe ya Police HC yateye intambwe igana ku gikombe cya Shampiyona y'u Rwanda ya Handball mu bagabo nyuma yo gutsinda APR HC ibitego 34-28.
Umukinnyi ukiri muto ukina asatira izamu, Muhoza Daniel yatangajwe nk'umukinnyi mushya wa Rayon Sports avuye muri Etoile de l'Est yakiniraga nyuma yo kuyifasha kuzamuka mu cyiciro cya mbere.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu ,ingabo z'u Rwanda (RDF) zahaye inka enye itsinda ry'abahanzi ryitwa Ubutwari Artists Group, riyobowe na Maria Yohani, zisohoza isezerano ryari ryaratanzwe n'umugaba mukuru w'ingabo z'u Rwanda (CDS), Gen MK Mubarakh.
Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’inzobere mu by’amategeko nshinga zo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), hamwe n’abayobozi bo mu Bunyamabanga bw’uyu muryango bayobowe n'Umuyobozi Wungirije w’Umunyamabanga Mukuru, Andrea Ariik Aguer
Umushakashatsi akaba n’umwanditsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, Yolande Mukagasana, yamurikiye urubyiruko igitabo yise “Umurage w’Urubyiruko”, kibumbatiye amateka ashaririye y’u Rwanda bakwiye kumenya no gusobanukirwa.