Inkuru Nshya

Ingo Mbonezamikurire y'Abana Bato zikorera mu Muryango zishamikiye kuri VUP (Home-Based ECDs), zimaze kurenga 5000  zita ku bana barenga ibihumbi 74 bafite abarezi bahuguwe basaga ibihumbi 36 babitaho.
Inteko Ishinga Ametegeko Umutwe w’Abadepite watoye umushinga uvuguruye w’itegeko rigena imikorere ya Banki Nkuru y’u Rwanda BNR, riha ubwigenge iyi banki bwo gufata ibyemezo bimwe birimo ibireba uko abakozi bayo bashyirwa mu kazi b’uburyo birukanwa.
Guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Nyakanga 2026, amakipe 9 yo mu Rwanda harimo amakipe 5 y'abagabo n'amakipe 4 y'abagore arahurira mu irushanwa ngarukamwaka rya volleyball rigamije kwizihiza umunsi mukuru wo Kwibohora k'u Rwanda uzaba tariki 4 Nyakanga 2026.
Kuri uyu  wa Kabiri, tariki ya 30 Kamena 2026, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame  yayoboye Inama y’Abaminisitiri yasize hemejwe imishinga n’amateka bitandukanye harimo n’Iteka rya Minisitiri ryerekeye uburyo bw’ikoranabuhanga mu gutanga inyemezabuguzi, kuvanirwaho umusoro n’igihembo gihabwa umuntu watanze amakuru ku inyerezwa ry’umusoro.’
Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu bagabo yakoreye imyitozo ya mbere muri i Luanda muri Angola, nyuma yo kugerayo ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 29 Kamena 2026, aho yitabiriye imikino yo gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2027 kizabera muri Qatar.
Ikipe ya APR HC yegukanye igikombe cya Shampiyona y'u Rwanda ya handball mu bagabo nyuma yo gutsinda Police HC ibitego 31-29 mu mukino wa gatanu ari nawo wari uwa nyuma w'imikino ya nyuma ya kamarampaka.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kamena 2026, uruganda rwenga ibinyobwa rwa Skol Brewry Rwanda rwasinyanye amasezerano y'imikoranire n'urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y'u Rwanda, Rwanda Premier League, afite agaciro ka miliyoni 915 z'amafaranga y'u Rwanda, azamara imyaka itatu aho Skol izajya itanga miliyoni 305 z'amafaranga y'u Rwanda buri mwaka.
Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj Gen (Rtd) Albert Murasira, yashimangiye ko ubufatanye bw'inzego zitandukanye ari ingenzi mu kuzamura imibereho y'impunzi no kuzifasha kwigira
Abadepite mu Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda, bagaragarije Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi imbogamizi zikiboneka mu musaruro w’ibikomoka ku buhinzi, zirimo ikiguzi cyo guhinga kiruta kure icyo bagurirwaho ku isoko
Umujyi wa Kigali wihaye intego yo kongera umubare w’abakoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange ukava kuri 20% ukagera kuri 50% mu myaka 10 iri imbere.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka