Inkuru Nshya

Muri Ngororero, nyuma yo kwica Abatutsi, basize abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi bababyaranye n’abagabo b’Abatutsi aho baje kubica nabi muri Kamena 1994.
Hari abantu benshi usanga mu gihe basinziriye bavuga amagambo, amazina y’abantu n’ahantu, indimi zumvikana n’izitumvikana, indirimbo, guseka cyangwa bakamera nk’abari mu biganiro byimbitse ku buryo ubavugisha bakagusubiza.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yavuze ko leta ikomeje gukurikirana ikibazo cy’umushahara fatizo mu Rwanda ariko agaragaza ko kongera uwo mushahara atari icyemezo gifatwa harebwa inyungu z’abakozi gusa, ahubwo ko hagomba no kwitabwa ku ngaruka gishobora kugira ku bukungu muri rusange.
Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva,  yasabye abanyarwanda kudahangayikishwa n'izamuka ry'ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli, ashimangira ko Leta ikomeje gufata ingamba zihamye mu guhangana n'iki kibazo. 
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yavuze ko nta mpungenge Abanyarwanda bakwiye guterwa n’indwara ya Ebola, kuko igihugu cyashyizeho ingamba zikomeye zo kuyikumira no kuyikurikirana, kandi bikorwa bitabangamiye ubucuruzi
Minisiteri y'Ubuzima yagaragaje ko u Rwanda rukeneye asaga miliyari 114 Frw kugira ngo ruzibe icyuho cy’umubare muke w’abaganga b'inzobere mu kubaga, ibikoresho bikenerwa ndetse n’uw’ibyumba byo kubagiramo nabyo bikiri bike cyane.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Arakwiye Bernadette, yavuze ko u Rwanda rwahisemo ko iterambere no kurengera ibidukikije bitezwa imbere icyarimwe nk’inzira irambye yo kubaka ubukungu no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe
Nyuma yaho urwego ngenzuramikorere (RURA) rutangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, aho igiciro cya mazutu cyiyongereyeho 722 Frw, umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo, yasobanuye ko izamuka rya Mazutu nta ngaruka rigira ku ngendo rusange ndetse no ku biciro ku masoko.
Ku rundi ruhande ubwicanyi bwakomeje gukorwa mu bice bitandukanye Inkotanyi zari zitarafata. Kuri uwo munsi ni bwo Interahamwe ziyobowe na Yusuf Munyakazi zishe Abatutsi bari bihishe i Kamembe mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu.