Inkuru Nshya

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko ibirego birebana n’urugomo inzego z’umutekano zahuraga na byo, byagabanutse nyuma y’uko inzoga zitujuje ubuziranenge zikuwe mu baturage ndetse zigahagarikwa ku isoko ryo mu Rwanda.
Abajyanama b’Ubuzima bo mu Murenge wa Butaro, Akarere ka Burera, basaba inguzanyo ya banki kugira ngo barangize hoteli batangiye kubaka mu 2018, bavuga ko kuyigira iwabo byaba ari iterambere kubera ko yabaha akazi ikanabahahira imyaka yabo beza kubwinshi.
Urwego rw'Ubugenzacyaha RIB rwafunze abakozi 18 bo mu nzego zitandukanye za Leta barimo Umuyobozi Mukuru w'Ikigo gishinzwe Ibiribwa n'Imiti Rwanda FDA, bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n'ikorwa ry'ibinyobwa bitujuje ubuziranenge biherutse guhagarikwa ku isoko.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko iyo igihugu kidahuguruka ngo kirwanye inzoga zitujuje ubuziranenge cyivuye inyuma zari gushyira igihugu mu kangaratete ku buryo icyizere cyo kubaha ku Banyarwanda cyari kuva ku myaka 70 kiriho ubu kikagera kuri 50.
Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana, yasobanuye impamvu Leta y’u Rwanda yafashe ingamba zikomeye zo guhagarika no gukumira inzoga zitujuje ubuziranenge harimo n'izizwi cyane ku izina ry’ibyuma, mbere yo gufata ngamba zikomeye ku itabi kandi ryo binanditseho ko ryica
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igihe cyo gukangurira abaturage kwirinda inzoga zitujuje ubuziranenge no kuzishyikiriza inzego bireba cyarangiye, bityo umuntu uzifatirwa ubu ashobora gufatwa nk’uwakoze icyaha agahanwa hakurikijwe amategeko.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyatangaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025/2026 ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjije asaga miliyari 1.1$
Kuri uyu wa Gatatu mu Murenge wa Kiziguro, Akarere ka Gatsibo, hizihirijwe ku rwego rw’Igihugu umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko,hagarukwa ku ruhare rw’urubyiruko mu kubaka u Rwanda rw’ahazaza no ku kamaro ko kurinda ubuzima bwabo.
Ubushakashatsi bwerekana ko gukora nijoro n’amasaha menshi bishobora kongera ibyago by’indwara z’umutima, diyabete, kubura ibitotsi, impanuka n’ibindi bibazo by’ubuzima. 
Umujyi wa Kigali watangaje ko kuva gahunda yo guca inzoga zitujuje ubuziranenge yatangira, mu turere dutatu tuwugize hamaze gukusanywa amacupa akabakaba miliyoni enye y’inzoga zizwi nk’ibyuma.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka