Inkuru Nshya

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA) cyagaragaje hakenewe miliyari 48.8 Frw zo kubaka no gusana ahantu 309 hanyura amazi ava ku muhanda ashobora guteza ibiza mu bice bitandukanye by’igihugu.
Rayon Sports yatsinze ikipe ya Tusker FC yo muri Kenya igitego 1-0 mu mukino wa kabiri wo mu itsinda C muri CECAFA Kagame Cup 2026, biyongerera icyizere cyo kuzamuka muri iri tsinda
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Nyakanga 2026 Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Ambasaderi Mushya wa Oman n’uwa Nouvelle-Zélande mu Rwanda.
Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda ya basketball y'abatarengeje imyaka 18 mu ngimbi yatsinze iya Misiri yegukana igikombe cy'imikino y'akarere ka 5 yo gushaka itike y'Igikombe cya Afurika yaberaga i Cairo mu Misiri.U Rwanda rwatsinze Misiri mu mukino warugoye cyane amanota 62-58.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni 2 z’amadorali ya Amerika (arenga miliyari 2,9 Frw) zo kwifashisha mu kwitegura guhanga n’Icyorezo cya Ebola.
Mu minsi itanu, kuva ku wa 20 kugeza ku wa 24 Nyakanga 2026, u Rwanda rwinjije miliyoni 8.7$ avuye mu kohereza mu mahanga toni 8,826 z’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi.
Nyuma y'uko imikino isanzwe ya Shampiyona (Regular Season) ishyizweho akadomo igasiga hamenyekanye amakipe 4 azishakamo ikipe izegukana igikombe cya Shampiyona y'u Rwanda ya basketball mu bagabo, Ishyirahamwe ry'Umukino wa Basketball mu Rwanda, FERWABA, yashyize hanze ingengabihe y'uko imikino ya kamarampaka izakinwa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr. Usta Kaitesi, yakiriye kopi z’impapuro zemerera Ambasaderi wa Oman n’uwa Nouvelle-Zélande guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Ikipe ya Sabah FK yo muri Azerbaijan yasezereye ikipe ya Kuopion Palloseura yo muri Finland mu ijonjora rya kabiri rya UEFA Champions League ku giteranyo cy'ibitego 3-0 harimo igitego cya rutahizamu Joy-Lance Mickels ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda 'Amavubi'.
Umunyarwenya Saad Ssozi, wamamaye ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, ku izina rya Rango Tenge Tenge ari mu Rwanda, aho afite igitaramo azasusurutsamo abakunzi be.