Ubuzima

Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, Uwimana Consolee, yatangaje ku mugaragaro Inyoborabiganiro igenewe abahugura kuri gahunda yo kwimakaza umuco wo kuganira mu muryango.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yatangaje ko mu Rwanda buri mwaka abangavu barenga ibihumbi 23 baterwa inda mu gihe ku munsi ari abagera kuri 60, agaragaza ko ari ikibazo gikomeye ku buzima bw’abana baterwa inda no ku bana bavuka muri ubwo buryo.
Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Shami Elodie yavuze ko iyo umwana w’umukobwa utageza imyaka y’ubukure atewe inda aba atari ikibazo kuri uwo mwana watwise n’uwo azabyara gusa ahubwo ko aba ari no guhekura igihugu muri rusange.
U Rwanda rwagaragaje ko rwarengeje imibare yashyizweho n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS, yo kurwanya Virusi itera SIDA, rusaba ibindi bihugu n'abafatanyabikorwa gukomeza ubufatanye n'ishoramari kugira ngo iyi ndwara izabe yararanduwe bitarenze mu 2030.
Perezida wa Sena, Dr François Xavier Kalinda asanga Guverinoma n'izindi nzego bireba, zikwiriye kwita ku bana bafite indwara ya Otizime (Autisme) mu buryo bwihariye, byaba mu buvuzi no mu burezi.
Umuyobozi w'Ishami ry'Igihugu rishinzwe gutanga amaraso, Dr. Muyombo Thomas, yatangaje ko urubyiruko ruri hagati y'imyaka 18 na 35 ari rwo rugira uruhare runini mu gutanga amaraso, kuko rugize 78% by'abayatanga mu Rwanda
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Ubuzima, Dr Yvan Butera, yavuze ko mu myaka ine ishize, mu Rwanda hamaze kuvurirwa abarwayi 1100 b’umutima bidasabye ko boherezwa hanze
Bamwe mu baturage bagana ibitaro bya Ngarama ku karere ka Gatsibo baravuga ko babangamiwe na serivisi mbi bahabwa muri ibyo bitaro zirimo gutinda kwakirwa no kwitabwaho n’abaganga cyane cyane ababa bakeneye ubutabazi bw’ibanze.
Leta ya Israel yafashe icyemezo cyo kuvana u Rwanda ku rutonde rw’ibihugu bifite abaturage babujijwe kwinjira muri Israel by’agateganyo kubera Icyorezo cya Ebola
Abaganga b’inzobere mu kuvura indwara z’umutima mu bana baturutse muri Israel bageze i Kigali aho bagiye kumara icyumweru bavura abana bafite ibibazo bitandukanye by’umutima.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka