Ubuzima

Mu gihe mu Karere ka Gicumbi hamaze kumenwa inzoga zitujuje ubuzirange zifite agaciro k'arenga miliyoni 60 Frw, abatuye muri aka Karere basabwe gutanga amakuru y’ahaba hakiri izo nzoga, kugira ngo zose zikurwe mu baturage mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo.
Umuhanzi w’umuraperi wanakunzwe cyane mu biganiro, Sky 2 Wabagahe, yavuze uko yagize ubumuga bw’ijisho akabagwa inshuro 3 abitewe n’ubukana bukabije bw’inzoga y’icyuma yanywaga.
Inzoga si ikintu umubiri w’umuntu ukenera kugira ngo ukore neza, ahubwo ni ikinyabutabire gishobora kuwugiraho ingaruka zikomeye, bityo uwabishobora yazireka cyangwa akazigabanya
Ectopic pregnancy iba igihe intanga ngabo igiye igahurira n’intanga ngore ahatari mu mura, cyane cyane mu muyoboro w’intanga. Iyo inda ikomeje gukurira aho, umuyoboro ushobora guturika ku buryo mu gihe umuntu atabonye ubuvuzi bwihuse ashobora no kuhasiga ubuzima.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko iyo igihugu kidahuguruka ngo kirwanye inzoga zitujuje ubuziranenge cyivuye inyuma zari gushyira igihugu mu kangaratete ku buryo icyizere cyo kubaha ku Banyarwanda cyari kuva ku myaka 70 kiriho ubu kikagera kuri 50.
U Rwanda rwashyizeho gahunda nshya y’imyaka itanu igamije kurandura, gukumira no kugabanya indwara zo mu turere dushyuha zititaweho cyane, zizwi nka Neglected Tropical Diseases (NTDs), ku buryo zizaba zitakiri  ikibazo gikomeye ku buzima rusange bitarenze umwaka wa 2030.
Ikigo cy'igihugu gishinzwe ubuzima mu Rwanda (RBC) kirasaba abantu bakunda kunywa inzoga nyinshi, kwitondera ibimenyetso bashobora kugaragaza ko batangiye kuba imbata z'inzoga,bityo bagashaka ubufasha bw’abaganga hakiri kare.
Imibare ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko mu Rwanda buri mwaka abantu barenga 500 barumwa n’imbwa, ibituma abantu bari hagati ya babiri na batatu bapfa buri mwaka bazize indwara y’ibisazi byazo.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Nsanzimana Sabin yashimangiye ko inzoga zizwi nk’ibyuma zigomba gucika mu Rwanda agaragaza ko ababikora bashyiramo ibintu byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abantu nyamara ku macupa bakandikaho ibitarimo asaba abanywa ababinywa kubizinukwa burundu
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yaburiye abantu kutongera kunywa inzoga zizwi nk’ibyuma nyuma y’uko bihagaritswe kongera gucuruzwa mu Rwanda avuga ko byari bimaze kuba nk’icyorezo bityo ko bikwiye kwirindwa.