Ubuzima

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Nzansimana Sabin, yagaragaje ko kwihutisha no gusangizanya amakuru y’ubuzima hagati y’ibihugu bya Afurika ari ingenzi ku buzima bw’abaturage batuye uyu mugabane, agaragaza ko ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano AI ari kimwe mubizakemura ibibazo bikigaragara muri uru rwego.
Minisitiri w'Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko u Rwanda rumaze kugira abaganga bihariye b'abantu bageze mu zabukuru bagiye kujya batanga serivisi z’ubuvuzi bwihariye ku bakuze.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage bagaragaje ko mu turere tumwe na tumwe hari ikibazo cy’izamuka ry’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ubusinzi cyane cyane mu rubyiruko.
Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko umubare munini w’Abanyarwanda bafite imyaka itanu kuzamura bafite ubushobozi busesuye bwo gukora ibikorwa byabo bya buri munsi, nubwo hari igice gifite ibibazo by’imikorere mu nzego zitandukanye.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko mu mezi atandatu ashize kugeza muri Kamena 2026, abantu 44 bamaze kwicwa n’inzoga zitujuje ubuziranenge.
Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko umubare w’impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu ugenda ugabanuka aho mu myaka 25 ishize zagabanutse ku rugero rungana na 81.6%.
Ubushakashatsi ku mibereho y’ubuzima bwo mu 2025(DHS7) bwagaragaje ko umubyibuho ukabije wiganje cyane mu bagore kurusha abagabo, cyane cyane mu bari hagati y’imyaka 20-49, ndetse ibiro byinshi no kubyibuha bikabije biteye impungenge kuruta kunanuka.
Raporo ya NISR igaragaza ko mu bana bari munsi y’imyaka itanu, 27% bagwingiye, aho muri bo harimo 6% bari munsi y’ibiro bagakwiye bafite ku myaka yabo, mu gihe 1% bahuye n’igwingira rikabije aho ari bagufi ugereranyije n’uko bakabaye bareshya naho 5% bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije.
Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko urugendo rwo guhangana na Virusi itera SIDA rukomeje gutanga umusaruro, aho ubwandu bwagabanutse bugera kuri 2,2% mu Banyarwanda bafite hagati y’imyaka 15 na 49, buvuye kuri 2,7% bwariho mu 2019-2020.
Ingingo ya 123 y' Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, igaragaza ko mu Rwanda kwikuramo inda ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka