Ubuzima

Ibinyobwa bisembuye byakorwaga n'inganda umunani byategetswe guhita bikurwa ku isoko nyuma y'icyemezo cyafashwe n'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA).
Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n'Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA) cyatangaje ko cyahagaritse ndetse cyavanyeho burundu impushya zose zo gutumiza mu mahanga Alukoro (Ethanol / Neutral Spirit).
Raporo y’Ikigo cy’Ibarurishamibare igaragaza ko mu bantu bakoreweho ubushakashatsi bari hagati y’imyaka 15-49 babajijwe bavuze ko bazi igituntu, aho 97% by’abagore na 98% by’abagabo bavuze ko bakizi. Muri bo, 88% by’abagore na 91% by’abagabo bazi ko igituntu gishobora gukira.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wageneye u Rwanda inkunga ya miliyoni 2 z’amadorali ya Amerika (arenga miliyari 2,9 Frw) zo kwifashisha mu kwitegura guhanga n’Icyorezo cya Ebola.
Umuherwe w’Umunyamerika akaba n’uwashinze Gates Foundation na Microsoft, Bill Gates uherutse gusura u Rwanda yavuze ko icyumweru yamaze arusura yasigaranye isomo ry’uko iyo igihugu kiyobowe neza, kigashora imari mu baturage, mu bumenyi no mu ikoranabuhanga, impinduka zifatika zishoboka. 
Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bwagaragaje ko 47% by’abagore bafite imyaka iri hagati ya 15 na 49 batifuza kongera kubyara cyangwa bifungishije burundu.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yatangaje ko imiryango ibihumbi 340 muri 360 ari yo imaze gusubizwa ku bujurire bw’ibyiciro yashyizwemo, mu gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) buri muturage asabwa gutanga.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka warangiye wa 2025 habaye impanuka  10,320 zihitana abantu 719, isaba abatwara ibinyabiziga kwitwararika no gukurikiza amategeko y’umuhanda.
Madamu Jeannette Kagame yasabye abahanga, abashakashatsi, abafata ibyemezo n’abafatanyabikorwa mu rwego rw’ubuzima gushyira imbaraga mu guhindura ubushakashatsi n’udushya mu bikorwa bifatika, kugira ngo icyuho kikigaragara mu kwita ku buzima bw’ababyeyi n’abana kizibwe burundu.
Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bwagaragaje ko imyemerere ishingiye ku idini igira uruhare mu gufata icyemezo cyo kwisiramuza ku bagabo.