Ibyihariye

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe agaragaza ko kuba u Rwanda rwarakuriyeho Viza ibihugu bya Afurika na bimwe mu bihugu by'amahanga byongereye ba mukerarugendo n'abashoramari basura u Rwanda
Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bw'ibiro bye aho Dieudonne Gatete, yagizwe Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, yungirijwe na Viviane Mukakizima
Umuvuduko w’iterambere ry’u Rwanda uragaragarira Isi yose nyuma ya Jenoside yakorewe Abatusi 1994.Ibi bishimangirwa n’ uburyo ikoranabuhanga riri kwifashishwa mu nzego zitandukanye zirimo ubuvuzi, umutekano,Uburezi, imari,ubuhinzi n’Ubworozi, ndetse n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yusuf Murangwa yatangaje ko guverinoma igiye gushora miliyari y’Amadolari mu rwego rwo kugeza amashanyarazi ku baturage mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.
U Rwanda n'u Bushinwa byasinye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare, mu rwego rwo kurushaho gushimangira umubano w’ubufatanye umaze imyaka myinshi hagati y’ibihugu byombi
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) n’Urwego rushinzwe amagereza no gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa muri Maroc (DGAPR) basinye amasezerano mu bijyanye n’Igorora.
U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kurengera akayunguruzo k’izuba (Ozone Layer), ndetse hazirikanwa ibikorwa bitandukanye bigira uruhare mu kurwanya ihumanywa ry’umwuka.
Inteko Ishingamategeko y’u Rwanda nyuma gusuzuma ikibazo cy’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’Uburayi ivuga ku Rwanda, isaba ko ingabire Victoire afungurwa, yanzuye ko leta y’u Rwanda yigenga, ifite ubusugire ,demokarasi  kandi igendera ku mategeko .
Inararibonye muri Politiki y’u Rwanda na Diporomasi, ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru, Dr Charles Murigande, yavuze ko yatangiye ubuhunzi afite imyaka ibiri ariko ko yari afite ishyaka ryo  kuba  mu gihugu no kucyubaka, anahishura ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ari umuntu ureba kure.
Imyaka 81 iruzuye impundu zivuze mu muryango w’umworozi rurangiranwa Mzee Amos Kaguta n’umufasha we Esteri Kokundeka Nganzi, ubwo bari bibarutse umwana w’umuhungu maze bamwita Yoweri Kaguta Museveni Tibuhaburwa