Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Kuri uyu wa Gatatu, hateganyijwe imikino ikomeye ya Volleyball izabera muri BK Arena, aho amakipe ahagarariye u Rwanda azaba ahatanira kujya muri kimwe cya kane cy’irushanwa (Quarter Finals).
Ishoramari rya miliyari 2,62 z’amadolari ryanditswe mu Rwanda mu mwaka wa 2025 mu mishinga igera kuri 799 yiyongereye ivuye kuri 612 mu mwaka wabanje wa 2024, yitezweho gutanga imirimo 38,000.
Leta ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje gahunda nshya yo gushinga umutwe wihariye uzajya ucunga umutekano w’ibirombe by’amabuye y’agaciro mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’umutekano muke kimaze igihe kivugwa mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Ubuyobozi bw’inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwahaye leta inama zigamije kunoza ishyirwa mu bikorwa ry’ amasezerano hagati ya RDC na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’ayo hagati ya RDC n’u Rwanda.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere RDB, rwatangaje ko mu 2025 ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni 685$ aho byiyongeye ugereranyije na miliyoni 647$ bwari bwarwinjirije mu 2024 bigaragaza ubwiyongere bwa 6%.
Kaminuza y’u Rwanda,UGHE, INES Ruhengeri na Aarhus yo muri Denmark, byinjiye mu bufatanye bugamije guteza imbere urwego rw’ubuvuzi mu Rwanda no hanze yarwo.
Yifashishije konti ye ya X, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 28 Mata 2026 Anne yasangije abamukurikira ubutumwa yageneye umugabo we Martin Nyirijabo kuri uyu munsi w’isabukuru ye y’amavuko.
Imikino y’amatsinda muri Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball iri kubera mu Rwanda, yasojwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Mata 2026. Hakinwe umunsi wayo wa nyuma utahiriye APR VC yari itaratsindwa iratsikira, uhira Kepler VC na REG VC zari zaratakaje umukino umwe mbere, Police VC ikomeza kwema isoza idatsinzwe.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga arasaba afafite ibinyabiziga by’umwihariko abatwara moto kubahiriza gahunda yashyizweho mu mujyi wa Kigali yo gutwara abagenzi rusange mu buryo bwa bisi,birinda kunyura mu gisate cyagenewe bisi mu masaha yashyizweho.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga arasaba abafite ibinyabiziga by’umwihariko abatwara moto kubahiriza gahunda yashyizweho mu mujyi wa Kigali yo gutwara abagenzi rusange mu buryo bwa bisi,birinda kunyura mu gisate cyagenewe bisi mu masaha yashyizweho.