IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice

IKUZWE MBABAZI Maurice ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ndetse n’umunyeshuri uri gusoza amasomo ya Kaminuza mu Itangazamakuru n’Itumanaho. Afite ubunararibonye mu kwandika inkuru,. Afite umwete n’inyota yo kuba umunyabigwi mu itangazamakuru.Ubu, akorera ku UMUNOTA.COM. Intego ye ni ugukoresha impano n’ubumenyi afite mu guteza imbere itangazamakuru rifite ireme no kugeza ku baturage amakuru abafitiye akamaro.Email: [email protected] Tel: 0785580314

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kongerera amasezerano ba myugariro babiri bo ku mpande mu gihe batatu mu bo hagati bayisanzwemo iteganya kubarekura.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko ibiciro ku masoko byiyongereyeho 12,9% muri Gicurasi 2026 ugereranyije n’ukwezi nk’uko muri 2025, kivuye kuri 13% cyariho muri Mata 2026.
Uyu mukinnyi w'ikipe y'igihugu ya Chad, ufite uburebure bwa 1.99 m, yakiniraga Casric Stars FC yo muri Afurika y'Epfo kuva muri Mutarama 2025. Mbere yaho yakiniye CR Bernoussi muri Maroc, Colombe Sport na Apejes FC zo muri Cameroun.
Iki kigo kizagenzura ishyirwa mu bikorwa ry’ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano (AI) mu Rwanda ndetse no hanze yarwo.
Uru ruganda rwari umuterankunga mukuru wa Rayon Sports, rwasinyanye na yo amazerano y’imikoranire bwa mbere muri 2014.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yibukije Urwego rwunganira Akarere mu gucunga umutekano (DASSO) ko rugomba gukora kinyamwuga mu guhangana n’ibibazo bibangamira umutekano n’ituze ry’abaturage.
Umuryango w'Abagiraneza wa Rotary Club Kigali Golf watangiye kwegeranya ibihumbi 250$, arenga miliyoni 365 Frw, yo kugurira Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) imashini yifashishwa mu kuvura Kanseri ifata mu myanya myibarukiro y’abagabo.
Police FC yatandukanye n’abakinnyi 7 barimo Byiringiro Lague n’abanyamahanga 6, basoje amasezerano yabo muri iyi kipe.
Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva,  yasabye abanyarwanda kudahangayikishwa n'izamuka ry'ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli, ashimangira ko Leta ikomeje gufata ingamba zihamye mu guhangana n'iki kibazo. 
Umuhanzi uri mu bafite izina rikomeye Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, yavuze ko adasohora indirimbo kubera igitutu cy’uko hari bagenzi be bari kuzisohora