Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Perezida Paul Kagame yagize Brig. Gen. Innocent Munyengango Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete Ishinzwe Serivisi z’ubwikorezi bwo Mu Kirere, asimbuye kuri uwo mwanya Jules Muheto Ndenga wagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe guhuza ibikorwa bigamije guteza imbere Ikibuga cy’Indege (Airport City).
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 30 Nyakanga 2026, Perezida Paul Kagame, yakiriye ku muri Urugwiro Village intumwa z’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Umugaba w’Ingabo z'u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yahaye impanuro itsinda ry’abasirikare n’abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw'amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado, muri Mozambique aho rigiye gusimbura bagenzi babo bari basanzweyo.
Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iterambere (RDB) rwatangaje ko rwahagaritse urushushya rw’ibikorwa by’imikino y’amahirwe rwa Baron Sports Gaming Ltd (Forzza Bet).
Ishami ry’Umuryango Mpuzamahanga ryita ku Bimukira mu Rwanda (IOM) ryatanze amashyiga ya gaz yo gucana izwi nka (Liquefied Petroleum Gas: LPG) ku mashuri arindwi yo mu Rwanda.
Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, RDRC, yatangaje ko ku wa 29 Nyakanga 2026 yohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) Abanye-Congo 39 bari barivuze KO bahoze ari abarwanyi ba FDLR.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA) cyagaragaje hakenewe miliyari 48.8 Frw zo kubaka no gusana ahantu 309 hanyura amazi ava ku muhanda ashobora guteza ibiza mu bice bitandukanye by’igihugu.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Nyakanga 2026 Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Ambasaderi Mushya wa Oman n’uwa Nouvelle-Zélande mu Rwanda.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr. Usta Kaitesi, yakiriye kopi z’impapuro zemerera Ambasaderi wa Oman n’uwa Nouvelle-Zélande guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yamaganye amasezerano Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagiranaye n’Umutwe w’abajenosideri wa FDLR agaragaza ko ibyakozwe bihabanye n’ibikubiye mu masezerano ibihugu byombi byasinyiye i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.