Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Urwego rw’u Rwanda rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko igice cy’uruganda rwa Sina Gerard gikora ibinyobwa bisembuye cyafunzwe, nyuma y’uko hamenyekanye ko hari ibinyobwa byakorwaga bitujuje ubuziranenge busabwa.
Mu bihe by’ihinga igihembwe cy’umuhindo kigira uruhare runini mu kwihaza mu biribwa aho ku musaruro uboneka ku mwaka, haboneka nibura 70% by’umusaruro w’ibigori; 54% by’umusaruro w’ibirayi; 49% by’umusaruro w’umuceri na 47% by’umusaruro w’ibishyimbo, ugereranyije n’igihembwe cy’itumba.
Ku bufatanye bwa Ambassade y’u Rwanda muri Zambia n’ishyirahamwe ry’Abanyarwanda baba muri Malawi bizihije umunwi w’Umuganura aho bahuriye hamwe bagasangira ndetse bakibikiranya igisobanuro cy’uyu muhango mu mateka y’u Rwanda.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amaganga n’Ubutwererane Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yavuze ko ibiganiro bigamije kugarura umwuka mubi hagati y’u Rwanda n’u Burundi byahagaze bitewe n’amagambo yagiye atangazwa na Perezida Evaritse Ndayishimiye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rwizeye ko Louise Mushikiwabo azongera gutorerwa kuba Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, OIF mu matora ateganyijwe mu Ugushingo 2026.
Ikipe ya APR BBC na REG BBC yitwaye neza ku munsi wa kabiri w’imikino ya kamarampaka ya shampiyona ya Basketball, atsinda RSSB Tigers na Patriots BBC, bituma zigarura ikizere nyuma y’uko zese zari zatsinzwe umukino wa mbere.
Icuruzwa ry’abantu ni kimwe mu bibazo bihangayikishije Isi. Imibare y’Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rishinzwe Kurwanya Ibiyobyabwenge n'Ibyaha UNODC, igaragaza ko ku mwaka abarenga miliyoni 27.6 bacuruzwa cyangwa bakajyanwa gukoreshwa imirimo y’agahato aho ibi bikorwa byinjiriza ababikora asaga miliyari 236$.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko kurengera ubuzima bw’abaturage ari ihame ridakuka, ishimangira ko nta na rimwe ishobora kwemera ibikorwa bishyira ubuzima bw’Abanyarwanda mu kaga, kabone n’iyo byaba bifitanye isano n’ubukungu cyangwa akazi.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe eKash bukomeje kwitabirwa n’Abanyarwanda n’abaturarwanda, aho kuva bwatangira gukoreshwa ku wa 14 Nyakanga 2026 bumaze gutanga umusaruro ushimishije.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Nsanzimana Sabin yashimangiye ko inzoga zizwi nk’ibyuma zigomba gucika mu Rwanda agaragaza ko ababikora bashyiramo ibintu byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abantu nyamara ku macupa bakandikaho ibitarimo asaba abanywa ababinywa kubizinukwa burundu