Amakuru

Guverinoma ya Mozambique yemeye ko izatanga amafaranga Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado zizakenera.
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda iri muri 20 zizakomeza kugira ububasha bwo kwakira, gutunganya dosiye no gutanga viza zijya muri Amerika.
Abaturage batuye mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo barishimira ko umuhanda bemerewe na Perezida Kagame watangiye kubakwa, bashimangira ko uzateza imbere imibereho myiza yabo.
Ikipe ya Kiyovu Sports yamaze kumenyeshwa ko itazakomeza guhabwa inkunga y’amafaranga yagenerwaga n’Umujyi wa Kigali mu bufatanye bari bafitanye.
Umunsi nk’uyu ni bwo uwari Perezida w’inzibacyuho, Sindikubwabo Théodore yandikiye Perezida w’u Bufaransa, François Mitterrand, amushimira inkunga atahwemye guha u Rwanda ndetse amusaba ko yakomeza gutanga ubwo bufasha.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA), zakiriye Umuyobozi mushya (Sector Commander) mu gice cy’Amajyaruguru ashyira Uburasirazuba, Brig Gen Hamad Mostafa Ahmed Adel Mansour.
Kuri uyu wa Mbere ku bitaro bya Munini ho mu karere ka Nyaruguru umuyobozi w'Akarere Dr. Murwanashyaka Emmanuel yakiriye itsinda ry’abaganga b’abasirikare b'inzobere baturutse mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe (Rwanda Military Hospital) mu gikorwa cy’ubuvuzi kizamara iminsi 33.
Abakinnyi n’abagize Ikipe y’Igihugu Amavubi berekeje muri Maroc aho bazakinira imikino ya gishuti  itegura iyo gushaka itike o kuzitabira igikombe cya afurika cy’ibihugu cya 2027.