Amakuru

Guverineri w’Intara ya Kivu y’amajyaruguru ku ruhande rwa AFC/M23, Bahati Musanga Erasto, yashyizeho ubuyobozi bushya bw’umujyi wa Goma, aho Ngabo Désiré Kisuba yagizwe Meya w’umujyi, asimbuye Julien Katembo Ndalieni, wahise ajyanwa mu nshingano nshya zo kuyobora Teritwari ya Lubero.
Umuyobozi w'Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda akaba n'Umuvugizi wa Forum y'amashyaka yose yo mu Rwanda, Dr. Frank Habineza, yasubije abavuga ko Umuryango wa RPF-Inkotanyi ukandamiza amashyaka yo mu Rwanda avuga ko ari ugusebya igihugu
Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda  1994, hari Abatutsi benshi bishwe bajugunywa mu nzuzi n’imigezi itandukanye mu Rwanda, ibatembana iberekeza mu kiyaga cya Victoria gikora ku bihugu by’ibituranyi birimo Uganda.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 10 Mata 2026, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Justin Nsengiyumva, yifatanyije n’abatuye mu Ngororero District mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda, bakoze igikorwa cyo kwibuka abatutsi bishwe bakajugunywa mu migezi n’inzuzi zitandukanye zo mu Rwnada, zabatembanye ziberekeza mu kiyaga cya Victoria cyo muri iki gihugu.
Minisitiri w’Ubutabera, akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, yatangaje ko u Rwanda rutazigera ruhagarika gukurikirana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakomeje kwidegembya mu bihugu by’amahanga
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare, National Institute of Statistics of Rwanda (NISR), cyatangaje ko ibiciro by’ibicuruzwa n’ibikenerwa mu buzima bwa buri munsi bikomeje kuzamuka mu mezi atatu ya mbere y’umwaka wa 2026.
Taliki ya 10 Mata mu 1994, Leta y’abicanyi yari ikomeje umugambi wayo mubisha wo gutsemba Abatutsi hirya no hino mu gihugu mu zahoze ari Perefegitura za Kigali Ngari, Gikongoro, Gisenyi, Byumba, Kibungo na Cyangugu. 
Umujyi wa Toronto muri Canada watangaje ku mugaragaro ko tariki ya 7 Mata 2026 ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda
Minisiteri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane. Amb Olivier Nduhungirehe, yagaragaje uburyo amahanga n’Umuryango w’Ababibumye bamaze imyaka 26 bataremera Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.