Amakuru

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Amb. Bazivamo Christophe, Ku wa 20 Mutarama 2025, yakiriye mu biro bye, Ambasaderi w'Ubufaranda mu Rwanda, Amb. Aurélie Royet-Gounin.
Habumuremyi Jean Baptiste wo mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Burera, arashakishwa nyuma yo gukubita umugore we witwa Hagenimana Jeannette uri mu kigero cy'imyaka 30, bikamuviramo urupfu, maze agahita atoroka.
U Rwanda na Maroc bahuriye mu nama ya mbere ya Komisiyo Ihuriweho y’Ubufatanye mu bya Gisirikare, igamije gushimangira ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi.
U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bigiye kongera guhurira mu biganiro bigamije gushimangira amahoro n’umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Colonel Deo Mutabazi, yasabye ibihugu bigira uruhare mu butumwa bwo kubungabunga amahoro gushyira imbere gushaka ibisubizo birambye byafasha kunoza imirimo y'abajya mu butumwa bw'amahoro
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), gitangaza ko hagiye guterwa ibiti miliyoni 2.75 bya Kawa.
Itsinda ry’abasirikare bashinzwe ubwubatsi bo mu Ngabo z’u Rwanda, ku bufatanye na ba Jamaica, batangije ibikorwa byo kubaka no gusana ibikorwaremezo byangijwe n'umuyaga wa Melisa ahitwa St James Parish.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Dr Usta Kaitesi , kuwa 19 Mutarama 2026, yakiriye Ambasaderi wa Misiri mu Rwanda, Hanan AbdelAziz Elsaid Shahin.