Amakuru

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU ) rikorera mu Mujyi wa Kigali, ryafashe umugabo w'imyaka 24 afite udupfunyika 100 tw'urumogi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) cyatangaje ko abanyamahanga basura u Rwanda bakoresheje miliyoni 161.5$ asaga miliyari 236 Frw mu gihe cy’amezi atatu
Minisiteri y'Ibidukikije yasabwe gusobanura mu gihe kitarenze amezi abiri impamvu yateye igihombo cyarenga miliyari 1.32 z’amafaranga y’u Rwanda, cyatewe no kudashyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano Ikigo cya SEAL cyari cyagiranye n'u Rwanda yo gusarura no gusazura amashyamba mu Ntara
Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu yamenyesheje Abanyarwanda bose baba cyangwa basura iki gihugu ndetse n’abari mu Bwami bwa Bahrain ko nta mpungenge bakwiye guterwa n'intambara iri mu Burasira bwo hagati, ibizeza umuteka n’ubufasha ku babukeneye
Ikibazo cy’ibikoresho byo gupfunyikamo gikomeje kugaragazwa nk’ingutu cyane cyane ku bacuruzi bongerera agaciro ibiribwa n’ibinyobwa mu Rwanda bakenera ibyo gupfunyikamo ariko bakagorwa no kubibona ku giciro kidahanitse
Alain Destexhe wabaye Umusenateri w’u Bubiligi  , yanenze uburyo Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano igisirikare cy'u Rwanda na bamwe mu Bayobozi Bakuru b’Ingabo , kandi yagakwiye kubifatira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo .
Umugabo wo mu karere ka Gusagara, akurikiranyweho kwica nyirarume w'imyaka 45,amuteye icyuma mu gatuza, amuziza avoka.
Ubuyobozi bw'Akarere ka Nyagatare bwatangaje ko mu rwego rwo kureshya ndetse no gufasha abashaka gushora imari, bifuza kubaka inganda mu cyanya cyahariwe inganda muri aka Karere ndetse no kubaka ibikorwaremezo birimo imihanda
Ubuyobozi bw'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n'Isukura (WASAC Group) bwatangaje ko abafatabuguzi bacyo batuye mu Mirenge igize akarere ka Bugesera ndetse n'iyo mu karere ka Gasabo na Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Werurwe , biteganyijwe bataza kubona amazi nk'uko bari basanzwe bayabona .
Abasenateri bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda basabye Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva kubagaragariza gahunda ya Guverinoma mu gukemura ibibazo by'ingutu biri mu bworozi bibangamiye abaturage