Amakuru

Perezida wa Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu mu Nteko Ishingamategeko umutwe wa Sena , Senateri Umuhire Adrie, yagaragaje ko hari abajyanwa mu bigo bifungirwamo by’igihe gito ‘Transit Centers’  ariko ugasanga barenza igihe cyajyenwe n'amategeko.
Ambasade y’u Rwanda muri Qatar yatangaje ko serivisi yari isanzwe itanga zimuriwe mu buryo bw’ikoranabuhanga (online) kubera ibibazo by’umutekano muke bimaze iminsi mu Burasirazuba bwo hagati.
Abagize Inteko Ishinga amategeko y’u Rwanda umutwe wa Sena, bagaragaje ko gahunda yo  gukoresha ikorababuhanga mu gucunga no gukurikirana abakurikiranyweho ibyaha yihutishwa mu rwego rwo kugabanya ubucucike bukigaragara hirya no hino mu magororero
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w'Ibihugu bikoresha ururimi rw'Igifaransa, Louise Mushikiwabo, yagaragaje impungenge zikomeye ku buzima bw’abaturage kubera intambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwo Hagati
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 4 Werurwe 2026, yemeje umushinga w’itegeko rigenga Umutungo Koranabuhanga (Virtual Assets) mu Rwanda, rigamije gushyiraho imikorere inoze igenga uru rwego rushya
Abasenateri bagaragaje ko bahaganyikishijwe n'ubwiyongere bw'ibirego by'abaturage bangirizwa n'inyamaswa ziva muri Pariki zibakikije, aho byiyongereye hafi 30% muri 2024-2025
Inama y'Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu, tariki ya 4 Werurwe yashyize Mukabagwiza Edda ku mwanya wo kuyobora Inama y’Ubujurire ku Mpunzi n’abasaba sitati y’ubuhunzi
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyatangaje ko kuva tariki ya 23 kugeza ku ya 27 Gashyantare 2026  ibyoherejwe mu mahanga byinjirije u Rwanda asaga miliyari 1.4 Frw.
Inama y'Abaminisitiri yemeje ko abantu 1874 bari barakatiwe n'inkiko bafungurwa by'agateganyo. Ni bimwe mu byemezo by'Inama y'Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Werurwe 2026, ibereye muri muri Village Urugwiro, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame