Amakuru

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika ya Santrafurika, zikorera i Bria, zatanze serivisi z’ubuvuzi ku buntu mu Igororero rya Bria.
Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Jean Abdallah, yashimangiye ko umuco n'ururimi rw'Ikinyarwanda biri mu bintu by'ingenzi bihuza Abanyarwanda asaba urubyiruko gushyira ku isonga uru rurimi.
Intebe y'Inteko y'Umuco, Amb. Robert Masozera, yagaragaje ko ikibazo cy’ivangandimi kiri mu bikomeje kubangamira Ikinyarwanda, aho byagaragaye ko mu Mujyi wa Kigali, 73% by’abakoresha Ikinyarwanda bakivanga n'izindi ndimi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yashimye uruhare abaturage bagize mu gushyigikira Mituweli mu myaka 25 ishize, ashimangira ko yagiye yongera ubushobozi mu kuzamura ireme rya serivisi z'ubuvuzi
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 24 Gashyantare 2026 Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije w’Ubwami bwa Arabie Saoudite, Waleed bin Abdulkarim El-Khereiji, bagirana ibiganiro bifitiye inyungu ibihugu byombi.
Guverinoma y'u Rwanda n'umuryango mpuzamahanga utari uwa leta , GiveDirectly , basinyanye amasezerano y'imyaka itanu aho hazatangwa miliyoni 150$, agamije gukura abaturage mu bukene.
Abantu batandatu bakekwaho kwiba insinga z’amashanyarazi mu Mujyi wa Rubavu, Akarere ka Rubavu, batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa bimwe mu bikoresho by’amashanyarazi .
Perezida w’Ihuriro rw’Abakemurampaka bigenga mu by’ubucuruzi ku Isi (CIARB), Cesar Pereira, yashimiye leta y’u Rwanda ku ntambwe ifatika yatewe mu kongera umubare w’imanza zikemurwa hatabayeho kwitabaza inkiko biturutse ku gutera imbere kw’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubuhuza cya Kigali ‘CIARB Rwanda’.
Igitero cya drone za FARDC yagabye kuri AFC/M23 cyabaye mu gitondo cya kare uyu munsi cyahitanye umuvugizi wa gisirikare wa AFC/M23, Lt. Col Willy Ngoma .
Lt. Col Willy Ngoma wari Umuvugizi w’ihuriro AFC/M23 biravugwa ko yarasiwe mu gitero cya Drone cy’ingabo za Congo, FARDC mu gace ka Rubaya.