Amakuru

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène yahuye n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), Khaled El-Enany baganira ku buryo bwo kubungabunga amateka nk'inkingi yo kubaka amahoro arambye
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Gashyantare 2026, hazagwa imvura nyinshi ugereranyije n’iyari isanzwe igwa muri icyo gihe
Komiseri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi n’inkunga mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Hadja Lahbib, yahuye n'umuhuzabikorwa w'ihuriro rya AFC/M23 baganira ku buryo bwo kugeza inkunga y'ubutabazi mu bice bagenzura birimo intambara
Minisitiri w’Uburerezi, Nsengimana Joseph, yashimangiye ko uburezi bufite ireme ari inkingi y’iterambere n’umusemburo w’impinduka bityo ko bukwiye kwitabwaho hashyirwa imbaraga mu kongera ikoranabuhanga mu cyane cyane iry’Ubwenge Buhangano AI.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare 2026, yakiriye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC),Veronica M. Nduva uri i Kigali mu nama yateguwe n’uyu muryango .
Inama ya karindwi y’Abayobozi b’Ingabo z' u Rwanda n' iza Uganda bakorera ku mipaka ihuza ibihugu byombi, yasojwe kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 20 Gashyantare 2026, hafatwa ingamba zo gucunga imipaka hagamijwe kurwanya ibyaha bihakorerwa.
Ihuriro rya AFC/M23 ryagaragaje impungenge zikomeye ku mutekano muke ukomeje gufata intera muri Kivu y’Amajyepfo, aho bavuga ko abasivili bakomeje kwicwa mu buryo bwa kinyamaswa n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo
Umuryango w'Abayisilamu mu Rwanda wasinyanye amasezerano y'Imikoranire n'Umuryango Mpuzamahanga w’Abayisilamu ku Isi, Muslim World League, aho uyu muryango mpuzamahanga uzajya utera inkunga ibikorwa birimo no kubaka imisigiti ijyanye n'icyerekezo
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko bigoye ko U Burundi bwagira uruhare mu buhuza mu kibazo cya RDCongo nyuma yuko iki gihugu gitorewe kuyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe
Eng. Apollinaire Sayinzoga Nkongoli yatorewe kuba Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y'umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda (TIR), asimbuye Ingabire Marie Immaculée witabye Imana