Amakuru

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwataye muri yombi umunyamakuru witwa Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru kuri radiyo , akurikiranyweho gutanga sheki itazigamiye .
Umukobwa wo mu Karere ka Ruhango w'imyaka 26 y’amavuko, yasanzwe yapfiriye mu nzu y’umusore bikekwaho bararanye
Abagororwa bafungiye mu Igororero rya Nyarugenge bakorewe ibirori bibafasha kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka, byateguwe ku bufatanye bw'Urwego Rushinzwe Igorora mu Rwanda (RCS) n'abandi bafatanyabikorwa
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko impanuka ikomeye y’ikamyo itwara ibikomoka kuri peteroli yabereye mu Karere ka Kicukiro, ku mugoroba wo ku wa Mbere, yahitanye abantu batanu, abandi icyenda barakomereka
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje gahunda nshya yo gucyura abayobozi bahagarariye igihugu cye mu bihugu bitandukanye by'Isi byiganjemo Afurika, harimo n’u Rwanda
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, yashimangiye ko ubufatanye hagati y’u Rwanda na Zimbabwe mu guhana abarimu bigisha, ari intambwe ikomeye igaragaza ko imikoranire hagati y’ibihugu byombi bya Afurika ishoboka aho gukorana gusa n’ibindi bihugu.
si y’u Rwanda yungutse abapolisi bashya bato 1903 bari bamaze amezi icyenda bahugurirwa mu Ishuri rya Polisi rya Gishari riherereye mu Karere ka Rwamagana.
Minisitiri w'umutekano imbere mu gihugu, Dr Vincent Biruta, yasabye abapolisi bato basoje amahugurwa abinjiza mu kazi kuzarangwa n'ikinyabupfura mu kazi , baharanira gushyira umuturage ku isonga , barwanya ibyaha bibangamiye abaturage.