Imikino

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal FC yo mu Bwongereza, yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya UEFA Champions League, isezereye Atlético Madrid yo muri Espagne ku giteranyo cy’ibitego 2-1.
Komisiyo ya FERWAFA ishinzwe imisifurire yahagaritse igihe cy’umwaka umwe, Nsengiyumva Jean Paul wari umusifuzi wa kabiri wo ku ruhande ku mukino wahuje Mukura VS&L yatsinzwemo na Rutsiro ibitego 2-1 ku cyuweru tariki ya 3 Gicurasi 2026, i Huye kuri Stade Kamena.
Umunya – Ghana ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya APR FC, Dauda Yussif Seidu yatangaje ko yiteguye gukinira Amavubi mu gihe cyose yaba abisabwe.
Hagamijwe kubungabunga no gusigasira imikino gakondo,mu mashuri yisumbuye n'ay'ubumenyi ngiro hatangijwe amarushanwa yo gukina igisoro(kubuguza), umukino watangijwe ku mugaragaro n'intebe y'inteko y'umuco Amb.Robert Masozera
Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 18 n’abatarengeje imyaka 20 berekeje i Addis Ababa muri Ethiopia aho bitabiriye irushanwa rya IHFTrophy/Zone 5
Al Ahly SC yo mu Misiri yegukanye Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball [CAVB Men’s Club Championship 2026], ihigitse Police VC yo mu Rwanda.
Uwimana Nehemie wayoboye Akarere ka Rwamagana imyaka itanu kuva mu 2010 kugeza mu 2014, wari usanzwe ari Visi Perezida w’ikipe ya Muhazi United, yitabye Imana nyuma y’ukwezi kurenga yari amaze mu bitaro.
Ikipe ya Police VC yanditse amateka yo kugera ku mukino wa nyuma muri Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball ( CAVB Men's Club Championship 2026.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko rizashyigikira Gianni Infantino mu matora ya FIFA ateganyijwe umwaka utaha aho uzatsinda azayobora kuva mu 2027 kugeza mu 2031.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka