Inkuru Nshya

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yakiriwe na Perezida wa Tunisia, Kaïs Saïed, amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.
Umuryango wa IBUKA wo mu Bufaransa watangaje ko Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu mujyi wa Rouen mu Bufaransa rwangijwe n’abataramenyekana.
Kuri uyu wa Kane , u Rwanda rwakiriye abanyarwanda 403 batahutse bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), banyuze ku mupaka wa La Corniche One Stop Border Post uherereye mu Karere ka Rubavu.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika yibukije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko igomba gusenya umutwe wa FDLR nk’uko bikubiye mu masezerano ya Washington yashyizweho umukono mu mpera za 2025 hagati ya RDC n’u Rwanda.
Umunyarwenya Ntakirutimana Amza, wamamaye ku mbuga nkoranyambaga nka ‘G TUFF’, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we Jojo amusaba kumubera umugore.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yijeje ab’i Musanze ko MINADEF izakora ubuvugizi Urwibutso rwa Jenoside rwa Musanze rukazagurwa mu rwego rwo kugira ubushobozi butuma rubika ibimenyetso byose by’amateka yahabereye.
Ku wa 16 Mata 1994, Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange, baricwa. Interahamwe n’abapolisi bagose Abatutsi bari bahungiye muri iyi kiliziya, abangavu b’abatutsikazi bafatwa ku ngufu n’abajendarume n’abapadiri.
Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Rubavu bukurikiranye umugabo w’imyaka 43 ukekwaho kwica umugore we w’imyaka 38 y’amavuko ndetse n’abasore bane yahaye akazi ko kumwica.
Perezida Paul Kagame yashimiye amakipe atatu yo ku Mugabane w'u Burayi akorana n’u Rwanda binyuze muri gahunda ya VisitRwanda, yageze muri 1/2 cy’imikino y’amakipe yabaye aya mbere i wayo , UEFA Champions League.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka