Inkuru Nshya

Gen. Muhoozi Kainerugaba ari mu Rwanda

IRMCT yateye utwatsi ubusabe bwa Kambanda na Kamuhanda bwo gufungurwa

U Rwanda rugiye gutangiza Ikigo kizigisha ubwenge buhangano n’umutekano w’ikoranabuhanga

Basketball: APR BBC yatsinze RSSB Tigers bituma zizahura mu mikino ya kamarampaka

Tariki ya 20 Kamena 1994 hari mu bihe bikomeye bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Muri icyo gihe, Ingabo za FPR Inkotanyi zari zikomeje ibikorwa byo guhagarika ubwicanyi no kurokora abantu, mu gihe abategetsi ba Leta yariho icyo gihe bamwe bari barahungiye muri Zaire.
Ambasaderi Parfait Busabizwa yashyikirije Perezida wa Guinée Equatoriale, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Ingabo zo mu bihugu by’Uburasirazuba bwa Afurika ziteguye gutabara mu bihe bikomeye (EASF) zasoje inama yari imaze iminsi ibera i Kigali kuva ku wa 15 kugeza ku wa 19 Kamena, igamije kwemeza igitabo ngenderwaho cy’ibikorwa by’ingabo zo mu kirere, amabwiriza ngengamikorere, ndetse n’amasezerano y’ubwumvikane bwo gutabara mu bihe by’ibiza.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwasubije abantu batandukanye terefone 140 zigendanwa zafashwe zaribwe, zifite agaciro ka 40,760,000 Frw (asaga miliyoni 40).
Ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano rishobora kongerera ubukungu bw’igihugu agaciro kangana na miliyoni 589$ (Miliyari 862 Frw) ni ukuvuga 6% by’umusaruro mbumbe (GDP) w’Igihugu kugera mu 2030.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Eng. Damien Murwanashyaka, yatorewe gusimbura Minisitiri w’Ibikorwaremezo wa Malawi, Jappie Mhango, ku buyobozi bw'inama Nkuru y’Abaminisitiri b’ibihugu bigize Umuhora wo Hagati (CCTTFA)
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yabwiye aba ofisiye 38 basoje amasomo mu ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda ko kurangiza amasomo atari iherezo ry'inzira yo kwiyungura ubumenyi, ahubwo ari intangiriro y’urugendo rushya rwo kurinda umutekano
Minisitiri w'Uburezi, Nsengimana Joseph, yatanze impamyabumenyi z'Icyiciro cya mbere cya Kaminuza n'iz'Icyiciro cya gatatu cya Kaminuza ku bapolisi 38 barimo Abanyarwanda 23 na 15 baturutse mu bihugu by'amahanga barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Polisi y'u Rwanda
Umunyamabanga wa Leta muri MINUBUMWE, Uwitonze Mahoro Eric, yatangaje ko Guverinoma yihaye gahunda yo kongera imbaraga mu kwigisha abaturage ububi bw’imvugo zibiba urwango, ndetse no gukorana n’izindi nzego mu kumenya, gukurikirana no guhana abagaragarwaho no gukwirakwiza izo mvugo
Ku munsi nk’uyu, tariki ya 19 Kamena 1994, interahamwe zari zikomeje umugambi wo kwica Abatutsi hirya no hino mu gihugu.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka