Inkuru Nshya

Izi ngamba zatanze umusaruro aho kuri ubu Umujyi wa Kigali watangaje ko abatega imodoka rusange biyongeyeho abagera ku bihumbi 30.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko gushora imari mu bikorwaremezo , kubaka ubushobozi bw'abaturage no kwihutisha ubucuruzi n’ubufatanye hagati y’ibihugu, ari bimwe mu byafasha Afurika kubaka ubukungu burambye no guhangana n’ibibazo.
Mu mudugudu wa Munyinya mu kagali ka Ruri umurenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga abasore bane baje muri uyu mudugudu ahubatse umunara maze batangira gutwara bimwe mu bikoresho byawo bigizwe na bateri 12 ariko bateshwa bamaze kubipakira.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w'u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, ari kumwe na Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa, bakiriye Abanyarwanda baba muri Maroc, barimo abanyeshuri, abibutsa gukomeza indangagaciro  nyarwanda.
Tariki nk’iyi mu 1994 nibwo Ingabo za FPR zafashe ikibuga cy’indege cya Kigali ndetse n’ikigo cya gisirikare cya Kanombe mu rugamba rwazo rwo guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi.
Minisitiri w’Ingabo za Mozambique, Cristóvão Artur Chume, yashimiye Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ku ruhare rukomeye zagize mu kurwanya iterabwoba mu majyaruguru ya Mozambique, cyane cyane mu Ntara ya Cabo Delgado.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na bagenzi bo mu bihugu bitandukanye, byibanze ku gushimangira ubufatanye, anabagezaho ubusabe  bw’u Rwanda bwo gushyigikira kandidatire ya Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF muri manda nshya.
Banki Nkuru y’u Rwanda yazamuye igipimo cy’inyungu fatizo ho 1%, kigera kuri 8.25% kivuye kuri 7.25%, mu rwego rwo guhangana n’izamuka ry’ibiciro ku isoko, by’umwihariko ryagizwemo uruhare n’ingaruka z’intambara iri mu Burasirazuba bwo Hagati
Polisi y’u Rwanda yangirije mu ruhame ibiyobyabwenge ndetse n’ibicuruzwa bitemewe byafatanywe abaturage babicuruza mu bihe bitandukanye mu Mujyi wa Kigali.