Inkuru Nshya

Itsinda ry’Intumwa z’u Rwanda ziyobowe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Tuyishimire Chantal, riri mu ruzinduko rw’akazi muri Brazil rugamije kwagura ubufatanye mu bucuruzi n’ishoramari.
Inzego zitandukanye za Leta mu Ntara y’Amajyaruguru no mu Karere ka Rulindo, zamennye ahabugenewe litiro zirenga ibihumbi 26 z’urwagwa rw’akarusho rwakorwaga n’uruganda rwa Sina Gerard rwo kuri Nyirangarama muri ako Karere. 
Mu gihe mu Karere ka Gicumbi hamaze kumenwa inzoga zitujuje ubuzirange zifite agaciro k'arenga miliyoni 60 Frw, abatuye muri aka Karere basabwe gutanga amakuru y’ahaba hakiri izo nzoga, kugira ngo zose zikurwe mu baturage mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo.
Ikipe ya APR BBC yatsinze Patriots BBC amanota 117-91 ku mukino wa mbere (Game 1) w’imikino ya nyuma ya Cheetah Energy RBL Playoffs yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kanama 2026 muri BK Arena.
Umugaba mukuru wungirije w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, Maj Gen Robert Yaw Affram, yashimiye Ingabo z’u Rwanda ku bunyamwuga, imyitwarire myiza n’ubwitange zikomeje kugaragaza mu ishyirwa mu bikorwa ry’inshingano z’ubutumwa bw’amahoro
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryubashye ubusabe bwa APR FC bwo kwikura mu irushanwa ry'Igikombe kiruta Ibindi, Super Cup, kubera ryahinduriwe uko ryari risanzwe rikinwa isimbuzwa Mukura VS&L.
Mu Rwanda hageze ikoranabuhanga rizajya ryifashishwa mu gukusanya no kuvangura imyanda ryifashishwa n’abayitwara hirya no hino, mu rwego rwo kurengera ibidukikije no gushyira hamwe imyanda imwe, ku buryo hari n’ishobora gukoreshwa mu kubyazwamo ibindi bintu.
Album nshya ‘Muheto 3 Mutara’ ya B Threy yageze ku mbuga ze zose kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kanama 2026 ku buryo abakunzi be batangiye kuyiryoherwa.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Boniface Rutikanga, yaburiye abacuruzi n’abandi bantu bagihisha inzoga zitemewe ko ibikorwa byo kuzishakisha no kuzivanaho ku isoko bitazahagarara, anasaba abazitunze kuzishyikiriza ubuyobozi kugira ngo zimenwe mu buryo bukwiye
Amakipe yatangiye kugera i Kigali, imikino yegereje yatangiye kugera mu Rwanda, aho agiye guhatana mu mikino izahuza amakipe y’abagore akomeye mu karere.Mu gihe habura iminsi mike ngo imikino ya CECAFA Champions League 2026 itangire i Kigali,

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka