Inkuru Nshya

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Nsanzimana Sabin yifurije Abakristu umunsi mwiza w’Ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya uzwi nka Asomusiyo abasaba kwishima ariko bakarinda ubuzinzi nk’uko ijambo ryo muri Bibiliya ribivuga.
Umuryango wa Honorable Donatille Mukabarisa, uherutse kwitaba Imana, washyikirije Ibitaro bya Butaro miliyoni 13 Frw, agamije gufasha abarwayi ba kanseri batishoboye. Aya mafaranga yakusanyijwe nyuma y'icyifuzo Donatille yari yaratanze ko amafaranga yari gukoreshwa mu kugura indabyo zo kumuherekeza yazahinduka inkunga yo gufasha abarwayi.
Ectopic pregnancy iba igihe intanga ngabo igiye igahurira n’intanga ngore ahatari mu mura, cyane cyane mu muyoboro w’intanga. Iyo inda ikomeje gukurira aho, umuyoboro ushobora guturika ku buryo mu gihe umuntu atabonye ubuvuzi bwihuse ashobora no kuhasiga ubuzima.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko igice cy’Umuhanda KN 4 Ave, uhera ku masangano y’imihanda yo mu Mujyi (Roundpoint)  ugana kuri Centenary House, kizafungwa by’agateganyo kubera imirimo yo gukoramo umuyoboro w’utwara amazi.
U Rwanda rwitabiriye Inama ya 36 isanzwe y’Umutwe w’Ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara aho rukomeye (East African Standby Force, EASF), yabereye i Kampala muri Uganda ku wa Gatanu tariki 14 Kanama 2026.
Imikino ya kamampaka yarangiye ikipe ya APR BBC na Patriots BBC ari zo zikatishije itike yo kujya ku mukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball y’u Rwanda, nyuma yo gutsinda RSSB Tigers na REG BBC.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashimye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) ku ntambwe zikomeje gutera mu ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington agamije kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo.
APR W BBC yatsinze REG W BBC na The Hoops Rwanda itsinda Kepler W BBC mu mikino ya 1/2 cy'irangiza mu mikino ya kamarampaka ya basketball mu bagore, Cheetah Energy RBL Playoffs, bituma kuri buri mukino amakipe anganya intsinzi z'imikino 2-2, hakaziyambazwa umukino wa 5 ngo hamenyekane amakipe yerekeza ku mukino wa nyuma.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kanama 2026 nibwo ikipe ya Rayon Sports yatangajwe umukinnyi w'umurundi Elie Mokono uzwi nka Eldhino nk'umukinnyi wayo mushya.
Byukusenge Devotha yegukanye umudari wa zahabu mu bagore naho Hakizimana John yegukanye umudari wa feza mu bagabo mu isiganwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku maguru rya Brazzaville muri Repubulika ya Congo, Brazzaville International Half Marathon, ryabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kanama 2026 ku nshuro yaryo ya 21.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka