Ubushakashatsi bwakozwe n'Ikigo kigenzura imikoreshereze y’ingengo y’imari z’ibihugu, International Budget Partnership bwagaragaje ko u Rwanda rwazamuye amanota ku ruhare rw’abaturage mu ishyirwaho n'ikoreshwa ry'ingengo y’imari, ariko ko hakiri icyuho kinini mu kugira uruhare rufatika mu ikoreshwa ry'umutungo wa Leta.
Kimenyi Yves na Uwase Muyango Claudine batangiye kuburana kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kanama 2026 ku bijyanye no gutandukana byemewe n'amategeko 'gatanya'.
Ikipe ya Rayon Sports iravugwa ku isoko ry'umukinnyi wo mu kibuga hagati, aho iri mu biganiro n'abakinnyi barimo Ruboneka Jean Bosco udafite ikipe kugeza ubu, Elie Eldinho Mokono ukinira ikipe ya Fountain Gate yo muri Tanzania na Kamana Karimu ukinira Vision FC mu Burundi.
Geneva, 14 Kanama 2026 .Inama ya gatandatu y’Itsinda rihuza ku mutekano hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda yabereye ku Biro bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Geneva, mu Busuwisi, ku itariki ya 12–13 Kanama 2026.
Rutahizamu ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda 'Amavubi' Joy-Slayd Mickels yatangajwe nk'umukinnyi mushya w'ikipe ya Hibernians FC ikina icyiciro cya mbere muri Shampiyona yo mu birwa bya Malta, YoHealth Malta Premier.