Inkuru Nshya

Imibare ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko mu Rwanda buri mwaka abantu barenga 500 barumwa n’imbwa, ibituma abantu bari hagati ya babiri na batatu bapfa buri mwaka bazize indwara y’ibisazi byazo.
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abayobozi ba politiki n’abagisirikare b’umutwe wa FDLR bemeye gahunda yo kwamburwa intwaro, gusenywa no gusubiza abarwanyi mu buzima busanzwe, mu gihe yatangiye ibiganiro n’igihugu kizoherezwamo abatazemera koherezwa mu Rwanda.
Abasirikare bashya 566 binjiye ku mugaragaro mu Ngabo za Repubulika ya Santarafurika (FACA) nyuma yo kurangiza neza amahugurwa y’ibanze ya gisirikare yari amaze amezi atandatu.
Ikipe ya Mathare United FC yo muri Kenya yahagurutse muri iki gihugu yerekeje i Kigali mu Rwanda aho igiye gukomereza imyiteguro y'umwaka utaha w'imikino wa 2026-27.
Mu nkambi ya Kiziba, mu Karere ka Karongi, kuri uyu wa Mbere hateraniye impunzi z’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 22 bagenzi babo bishwe mu bihe bitandukanye bazira ubwoko bwabo.
Ku wa 10 Kanama 1962, ni bwo Madamu Jeannette Kagame, yaboneye izuba i Ngozi mu Burundi, ahari hatuye umuryango w’Abanyarwanda wari warahungiyeyo. 
Ikipe y'u Rwanda yo gusiganwa ku magare mu misozi (Mountain Bike) yitwaye neza mu iriganwa ryo muri Cameroon ryo gusiganwa mu misozi rya Grand Prix International VTT Chantal Biya, aho Ntakirutimana Martha yegukanye umudari wa zahabu, Iragena Charlotte yegukanye umudari wa feza naho ​Bukhari Banzi yegukana umudari w'umuringa.
Bwa mbere kuva isiganwa ry'amagare ry'abakiri bato, Youth Racing Cup, ryatangira gukinwa muri 2023 ryakiriwe n'Intara y'Amajyepfo mu karere ka Huye mu mpera z'icyumweru gishize tariki 8 Kanama 2026.
Umunyarwandakazi Uwiringiyimana Ange ukinira ikipe ya Les Hippos yahembwe nk'umukinnyi mwiza w'imikino ya kamarampaka mu Burundi, Women's Amstel Basketball League, n'ubwo ikipe ye itabashije gutwara igikombe.
Myugarira w'umunyarwanda wo ku ruhande rw'ibumoso, Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende yamaze gutangazwa nk'umukinnyi mushya w'ikipe ya Chennaiyin FC ikina icyiciro cya mbere mu Buhinde, avuye mu ikipe ya AEL Limassol yo muri Chypre (Cyprus).

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka