Inkuru Nshya

Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko iperereza ku bantu bafite aho bahuriye n’ikorwa n’ikwirakwizwa ry’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge rizakomeza, mu rwego rwo gukumira ibikorwa bishobora gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga.
Ku bufatanye bwa Ambassade y’u Rwanda muri Zambia n’ishyirahamwe ry’Abanyarwanda baba muri Malawi bizihije umunwi w’Umuganura aho bahuriye hamwe bagasangira ndetse bakibikiranya igisobanuro cy’uyu muhango mu mateka y’u Rwanda.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amaganga n’Ubutwererane Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yavuze ko ibiganiro bigamije kugarura umwuka mubi hagati y’u Rwanda n’u Burundi byahagaze bitewe n’amagambo yagiye atangazwa na Perezida Evaritse Ndayishimiye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Ambasaderi Olivier Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rwizeye ko Louise Mushikiwabo azongera gutorerwa kuba Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, OIF mu matora ateganyijwe mu Ugushingo 2026.
Ikipe ya APR BBC na REG BBC yitwaye neza ku munsi wa kabiri w’imikino ya kamarampaka ya shampiyona ya Basketball, atsinda RSSB Tigers na Patriots BBC, bituma zigarura ikizere nyuma y’uko zese zari zatsinzwe umukino wa mbere.
Umugaba w’Ingabo z'u Rwanda zirwanira ku butaka , Maj Gen Vincent Nyakarundi, kuri uyu munsi yasuye igihugu cya Santarafurika, aho yahuye n’abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri icyo gihugu (MINUSCA), ndetse n’abari mu butumwa ku bufatanye bw’ibihugu byombi.
Abanywarwanda mu ngeri zinyuranye haba abari imbere mu gihugu no hanze yacyo bakozwe ku mutima n’intsinzi ya Rayon Sports nyuma yo kwegukana igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026 bagaragaza amarangamutima yabo yuzuyemo ibyishimo bisendereye.
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya CECAFA Kagame Cup nyuma yo gutsinda Gor Mahia FC yo muri Kenya ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma.
Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascéne Bizimana,  yasabye Abanyarwanda kuzirikana indangagaciro z'umuco Nyarwanda Umuganura ubibutsa, zirimo gukunda Igihugu, ubupfura, umurava, kwiyubaha, n'izindi bakirinda kirazira nko kwiyandarika n’izindi.
Abakinnyi William Kiah Perry na Abdoulaye Harouna Amadou bari barasinyishijwe n'ikipe ya REG BBC ngo bazayifashe mu mikino ya kamarampaka, Cheetah Energy RBL Playoffs, ntabwo bazakinira iyi kipe y'Ikigo Gishinzwe Ingufu bitewe n'uko batujuje ibyangombwa.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka