Inkuru Nshya

Nyuma yaho urwego ngenzuramikorere (RURA) rutangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, aho igiciro cya mazutu cyiyongereyeho 722 Frw, umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo, yasobanuye ko izamuka rya Mazutu nta ngaruka rigira ku ngendo rusange ndetse no ku biciro ku masoko.
Ku rundi ruhande ubwicanyi bwakomeje gukorwa mu bice bitandukanye Inkotanyi zari zitarafata. Kuri uwo munsi ni bwo Interahamwe ziyobowe na Yusuf Munyakazi zishe Abatutsi bari bihishe i Kamembe mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu.
Umuhanzi uri mu bafite izina rikomeye Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, yavuze ko adasohora indirimbo kubera igitutu cy’uko hari bagenzi be bari kuzisohora
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, aho igiciro cya mazutu cyiyongereyeho 722 Frw kiva kuri 2,205Frw cyariho kigera kuri 2,927 Frw mu gihe lisansi yo izakomeza kugura 2,938 Frw yari asanzweho. 
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yakiriye neza ibyatangajwe n'Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, washimye ko rwujuje inshingano zarwo mu gushaka ibisubizo ku makimbirane ari hagati y'u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) cyizihije isabukuru y’imyaka 20 kimaze gishyizweho, hibandwa ku rugendo rwacyo rwo kubaka igihugu cyihanganira imihindagurikire y’ibihe, kurengera ibishanga no gushyiraho politiki zifasha u Rwanda guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere
Mu rwego rwo Kwibuka abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abakozi b’umuryango FPR Inkotanyi basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Nyange mu karere ka Ngororero
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke Umurenge wa Karambo barishimira ko huzuye ikiraro cyo mu kirere cyitezweho koroshya ubuhahirane n’imigenderane hagati y’abaturage.
Kuri uyu wa Kane ba Ofisiye bakuru ba RDF barimo Lt Col Pacifique Kanyandekwe na Maj John Muhikira barangije amasomo yabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Karen muri Kenya.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko umusaruro w’inganda wiyongereyeho 0.7% muri Mata 2025, ugereranyije n’ukwezi nk’uko mu mwaka ushize wa 2025, mu gihe impuzandengo y’izamuka ku mwaka yari 6.5%.