Inkuru Nshya

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 24 Nyakanga 2026 yemeje ishyirwaho ry’Ikigo cy’u Rwanda cyigisha Ikoranabuhanga rya Mudasobwa, Rwanda Institute of Computing (RIC), kizaba ishami ryihariye rya Kaminuza y’u Rwanda rigamije gutegura abahanga bazagira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bushingiye ku bumenyi n’ikoranabuhanga.
Ikipe ya APR BBC yatsinze ikipe ya RSSB Tigers amanota 84-82 mu mukino washyize akadomo ku mikino isanzwe ya Shampiyona (Regular Season), bituma aya makipe azongera agahura mu mikino ya 1/2 ya kamarampaka.
Ikipe ya Gor Mahia FC yo muri Kenya yanyagiye ikipe ya APR FC ibitego 5-0 mu mukino wa kabiri wo mu itsinda A mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026, umukino wanitabiriwe na Perezida wa Repubika y’u Rwanda, Paul Kagame.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Maj Gen  Junhui Wu, yasuye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro zikorera muri Batayo ya Rwanbatt-3 ahitwa Durupi. 
Inama y'Abaminisitiri yemeje ishyirwaho ry'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Kubungabunga Urusobe rw'Ibinyabuzima (Rwanda Nature Foundation – RNF), kizibanda ku bikorwa byo kurengera, kubungabunga no gucunga mu buryo burambye ibinyabuzima byo mu gasozi n'ibyanya birinzwe n’Amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na InipasvalleyRw Ltd yerekeye umushinga w’ibihingwa byifashishwa cyane mu rwego rw’ubuvuzi.
Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda ya basketball y'abatarengeje imyaka 18 mu bangavu, yatangiye itsindwa n'ikipe y'igihugu ya Tanzania amanota 60-58 mu mukino wabimburiye indi y'imikino y'akarere ka gatanu (5) yo gushaka itike y'Igikombe cya Afurika iri kubera i Cairo mu Misiri.
Ikipe ya Vipers SC yo muri Uganda yatangiye neza mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026 itsinda Garde Républicaine FC yo muri Djibouti ibitego 3-0 mu mukino wabimburiye indi wabereye muri Sitade Amahoro.
Minisiteri y’Ubutabera mu Rwanda yatangaje ko irimo gusuzuma uko icyaha cy’icuruzwa ry’abantu cyashyirwa mu byaha bidasaza kuko ibimenyetso by’abagikora rimwe na rimwe bitinda kuboneka bikagira ingaruka ku itangwa ry’ubutabera ku bagikorewe.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n'u Rwanda byahuye ku nshuro ya mbere imbere y'Urukiko Mpuzamahanga rw'Ubutabera (ICJ) i La Haye, mu rubanza Kinshasa yareze Kigali ku wa 26 Kamena 2026, aho ishinja u Rwanda uruhare mu bikorwa by'umutekano muke n'ihohoterwa mu burasirazuba bwa RDC.
Ikipe ya APR BBC yamaze kwiyambaza umukinnyi w'umunya-Amerika Teafale Marquise Lenard Jr ngo azayifashe mu mikino ya kamarampaka izaba nyuma y'uko imikino ya Shampiyona isojwe kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Nyakanga 2026.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka