Inkuru Nshya

Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko mu abagore 5% ari bo bafite inzu zabo bwite naho 35% bazifatanyije n’abagabo babo. Mu gihe ku bagabo, 9% aribo batunze inzu zabo bwite naho 28% bakaba bazifatanyije n’abagore babo.
Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC) wamaganye ibihano Leta Zunze ubumwe za Amerika zafatiye ibigo bine by’amabuye y’agaciro byo mu Rwanda n’abayobozi babiri babyo, uvuga ko ari ibihano bibogamye kandi bishobora kudindiza ibiganiro by’amahoro.
Abatuye mu Midugudu ya Mirama I na II, mu Murenge wa Nyagatare, bavuga ko ubuzima bwabo bugiye kurushaho guhinduka nyuma yo kwegerezwa umuhanda wa kaburimbo n’isoko rya kijyambere
Ubushakashatsi ku buzima n’imibereho y’abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko urugendo rwo guhangana na Virusi itera SIDA rukomeje gutanga umusaruro, aho ubwandu bwagabanutse bugera kuri 2,2% mu Banyarwanda bafite hagati y’imyaka 15 na 49, buvuye kuri 2,7% bwariho mu 2019-2020.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yanyuzwe n’imigabo n’imigambi ya Louise Mushikiwabo, uri kwiyamamariza kongera kuba Umunyamabaga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa OIF, avuga ko amavugurura yakoze muri uyu muryango yatanze umusaruro ufatika.
Ntore Habimana na Axel Olenga Mpoyo bakinira APR BBC baherutse guhagarikwa umwaka umwe mu bikorwa byose bya Basketball mu Rwanda na FERWABA, batangaje ko batigeze banga guhamagarwa mu Ikipe y'Igihugu, ahubwo ko ibyabaye byaturutse ku biganiro bitarangiye hagati yabo n'Ishyirahamwe
Kuri uyu wa Gatatu,ba Ofisiye bakuru babiri bo mu Ngabo z'u Rwanda, Lt Col Christian Mushengezi na Lt Col John Bosco Kamuhangire, basoje amahugurwa ya gisirikare yamaze amezi icumi mu gihugu cya Qatar, mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare Joaan bin Jassim Academy for Defence Studies.
Raporo ya gahunda y’ubwizigame bw’igihe kirekire “Ejo Heza” y’umwaka wa 2025/26 yagaragaje ko uturere twose tw’igihugu twesheje umuhigo ku mpuzandengo ya 113,7%, aho twose twakusanyije asaga miliyari 14 Frw, mu gihe intego yari arenga miliyari 12 Frw.
Ubushakashatsi bwa Karindwi ku buzima n’imibereho by’abaturage, (RDHS 2026) bwakoze n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare [NISR], bwerekana ko umugabo umwe muri babiri anywa inzoga.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka