Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Abahanzi bo mu Itsinda The Brothers bigeze gukirigitwa n’inganzo, baririmba ko bya bihe byashize bibibutsa ya majoro ndetse n’indirimbo zabo ari zo zihora zibazenguruka mu mutwe.Ese iyo bavuze bya bihe, wowe ni iki kikuzamo? Ese wibuka bya bihe ababyeyi bagukubitiraga kuryama saa Sita z’amanywa cyangwa bimwe wakarabaga ukisiga, ukambara maze ukaba usa neza ubundi ukajya mu baturanyi kureba televiziyo, maze wahagera bakakwicaza ku isima cyangwa ku mukeka ngo nta mwana wicara mu ntebe
Umunyarwanda ukina nka myugariro, Josh Duc Nteziryayo, w’imyaka 17 y’amavuko yamaze kuzamurwa mu ikipe nkuru ya CF. Montreal , yo muri Canada ikina Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Leta zunze ubumwe za America, Major League Soccer.
Abagize Urugaga rw’Abahanga mu by’Ubwubatsi basabye Minisiteri y’Ibikorwaremezo kujya bahabwa amasoko y’imishinga y’ubwubatsi minini akunze guhabwa sosiyete z’abanyamahanga, kuko na bo bafite ubushobozi bwo kuyakora neza;
Abana 3 bo mu muryango umwe wo mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Cyumba, baturikanywe na grenade ubwo batashyaga inkwi mu ishyamba, bahita bitaba Imana.
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda (GDP) wazamutse ku kigero cya 11.8% mu gihembwe cya gatatu cya 2025, ugera kuri miliyari 5,525 Frw, uvuye kuri miliyari 4,659 Frw wariho mu gihembwe nk’iki cy’umwaka wa 2024
Inama yahuje abahinzi n’inganda zitunganya umuceri mu Rwanda yashyizeho ibiciro fatizo bizagenderwaho mu kugurisha umuceri mu gihebwe cy’ihinga cya 2026 A
Abaturage bazindukiye mu mihanda bagaragaza ku mugaragaro ko bishimiye ihuriro rya AFC/M23 banayiha ikaze bagaragaza ko bayishimira kubera umutuzo yabazaniye mu mujyi wa Uvira ho mu ntara ya Kivu y’amajyepfo
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, MINAGRI, yatangije  ku mugaragaro umushinga  mushya witwa BIO-CAP (Biological Control Agents Project), ugamije gufasha abahinzi mu guhangana n’udukoko n’indwara byibasira imyaka, cyane cyane ibirayi n’imyumbati.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA rwatangaje ko rwashyizeho urwego rw’ubukemurampaka bwigenga uzajya rwitwa Urukiko rw’Ubukemurampaka rwa Ferwafa (Ferwafa Arbitration Tribunal).
Rutsiro FC yatsinze Al Hilal Omdourman ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona y’u Rwanda, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 15 Ukuboza 2025.