Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Perezida Kagame, Kuri uyu wa Mbere, yakiriye muri Village Urugwiro Mohamed Ali Janah, Umuyobozi wa Sosiyete itanga serivisi z’amahoteli n’ubukerarugendo muri Maldives (Hotels and Resorts Investment Maldives), ufite n'inshingano z'ubuyobozi mu Kigo cy’Ishoramari, JIH Global Investments ndetse na Ghassan Aboud na Ahmad Aboud, abayobozi bari muri Sosiyete y’Ubucuruzi, Ghassan Aboud Group yo mu Bihugu Byunze Ubumwe by'Abarabu.
Abahanzi Mugisha Benjamin uzwi mu buhanzi nka The Ben na Itahiwacu Bruce, uzwi nka Bruce Melodie, Munyakazi, bahize gutanga ibyishimo mu gitaramo bazahuriramo cyinjiza abantu mu mwaka mushya wa 2026, cya The Nu Year Groove”, buri umwe ahiga kuzerekana ubuhangange bwe.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe,Kuri uyu wa Mbere, yakiriye kopi z’impapuro zemerera ba Ambasaderi bashya barimo Kazuya Nakajo w’u Buyapani na Mansour Ali Fahd Al Shahwani Al Hajri wa Qatar guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Polisi ya Uganda yatangaje ko Abanyarwanda babiri baguye mu mpanuka y'imodoka ya Sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express ifite pulake RAT 597K , yavaga i Kampala yerekeza i Kigali.
Nyuma y'uko AFC/ M23 yigaruriye umujyi wa Uvira, igakurikizaho Makobola, ingabo za Repubulika iharanira Demukarasi FARDC, hamwe n’imitwe yitwaje intwaro izwi nka Wazalendo,kuri yu wa mbere bamaze kwikura mu gace ka Mboko, gaherereye mu bilometero 45 uvuye mu mujyi wa Uvira.
Umusesenguzi mu bya Politiki, Senateri Evode Uwizeyimana,  yavuze ko ifatwa rya Uvira bikozwe n'Ihuriro AFC/M23, byatewe n'uko ari Umujyi wari ingirakamaro cyane mu mikoranire mu bya gisirikare hagati y'u Burundi na DRC.
U Rwanda na Djibouti byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije gushimangira ubufatanye mu by'ubukungu no guteza imbere ishoramari ry'ibihugu byombi.
Banki Nkuru y’Igihugu yashyize ku isoko impapuro mpeshwamwenda za miliyari 50 Frw, zizagurishwa mu gihe cy’imyaka 15.
APR Women Basketball Club yanditse amateka akomeye mu mikino Nyafurika ya FIBA Africa Women’s Basketball League, yegukana umwanya wa Gatatu, inahabwa umudali w’umuringa nyuma yo gutsinda ASC Ville de Dakar yo muri Senegal amanota 90-84, mu iminota y’inyongera.