Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Abanyarwanda batuye mu bice bitandukanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bahuriye mu masengesho ngarukamwaka yo gusengera no gusabira u Rwanda, ndetse basabwa kuguma indangagaciro z'u Rwanda nubwo batuye mu mahanga
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb.Olivier Nduhugirehe, yatamaje umunyamakurukazi w’umunya-Amerika, Hariana Verás Victória, avuga ko yigira impirimbanyi y’ibibazo bya Afurika nyamara ari igikoresho cya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Ambasaderi wa Portugal mu Rwanda, Luisa Maria Machado da Palma Fragoso, usoje inshingano ze.
Umukinnyi wa Filime  Irunga Longin wamamaye nka "Tukowote" mu ruganda rwa Sinema mu Rwanda yambitse impeta y’urudacuyuka umukunzi we bitegura ku rushinga bitarenze muri 2026.
Ishimwe Aline, umubyeyi ukiri muto witeje imbere, yasangije urubyiruko urugendo rwe rw'ubuzima mu nama y'Igihugu y'Umushyikirano, aho avuga ko ku myaka 28 y'amavuko ubu yashinze hoteli ye bwite yitwa 'Karisimbi Cave Resort'
Umuhanzi Bruce Melodie yageneye ubutumwa bw’ishimwe Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kubera  iterambere yagejeje ku Rwanda ndetse n’uburyo izina rye rizwi  neza mu Mahanga.
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yerekana intambwe yatawe mu Burezi bw'u Rwanda kuva nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho agaragaza ko abana biga mu mashuri y'incuke bageze ku bihumbi 680
Rwiyemezamirimo akaba n’umunyarwenya, Merci Ndaruhutse wamamaye nka Fally Merci mu bijyanye n'urwenya yatumiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu gitaramo cy’urwenya cya Gen - Z Comedy Show.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yongeye gusaba ko ikibazo cy' urubuga rutangirwamo serivisi zitandukanye zifitanye isano n’ishoramari n’ubucuruzi (One stop Centre) , cyakemuka , bikorohera abashaka kubona ibyangombwa .