Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène , yasabye abagororwa bitegura gusubira mu buzima busanzwe kubwiza ukuri amateka ya Jenoside urubyiruko rurimo n’abana babo.
U Rwanda rwakiriyeitsinda ry’abaturage 314 babarizwaga mu miryango 101, batashye ku bushake,bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere ya Sena yatangiye igikorwa cyo kugenzura uruhare rw’ihame ry’uburinganire mu guteza imbere umuryango nyarwanda.
Ubuyobozi w'ikipe ya Gasogi United, bwatangaje ko bugeneye intebe y'icyubahiro (VVIP) nk'igimbo cyo kutaboneka mu kibuga Kwa Ndikumana Asumani wa Rayon Sports, utazabasha gukina umukino uzabahuza.
Ishyirahamwe Nyarwanda ry'Umukino w'Amagare (FERWACY) ryatangaje ko ryiteguye gufasha Nsengimana Jean Bosco,watwaye isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda, ariko nyuma aza kuva mu mukino w’amagare.
Igitaramo cy’urwenya Gen - Z comedy Show ni kimwe mu bitaramo bimaze kubaka izina ahanini biturutse ku buryo gihuriza hamwe : urwenya,umuziki ndetse n’ubundi buzima bw’abatura Rwanda.
Minisitiri w'Intebe Dr. Nsengiyumva Justin, uri mu ruzinduko rw'akazi mu Intara y'Amajyepfo, yasuye ibikorwa bitandukanye bizanira iterambere aka Karere birimo uruganda rwa Nyiramugengeri n'ahantu hororerwa amafi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah El-Sisi bahagarariye isinywa ry’amasezerano agamije guteza imbere ibijyanye no gucunga umutungo w’amazi,ubukungu n’ubucuruzi, gusangira ubutaka hagamijwe guteza imbere ibikorwa by’ubucuruzi,imiturire guteza imbere ishoramari.
Mu nama rusange y’Umuryango w’Abibumbye ku nshuro ya 80 (UNGA80), u Rwanda rwagaragaje ko rwatangije imishinga itandukanye y'ikoranabuhanga igamije kurinda no kubungabunga amakuru.